ABATUNZI BA RWAMAGANA BASHUMBUSHIJE UMUTURAGE NDABARINZE
Abatunzi bo mu Karere ka Rwamagana, Intara y’Iburasirazuba, baje gushumbusha inka indwi (7), kuri uyu wa 08/4/2019, nyuma y’uko bumvise inkuru mbi y’umuturage watemewe inka cumi n’imwe (11) witwa Ndabarinze Kabera, utuye mu Murenge wa Mulinga, Akarere ka Nyabihu,izo nka zatemwe mu ijoro ryo ku wa 24/03/2019.
Itsinda ryaje rihagarariye abandi batunzi bo mu Karere ka Rwamagana riyobowe na Bwana Bugabo Abdoul Karim. Uyoboye itsinda yavuze ko bakimara kumva iyi nkuru mbi bishyize mu mwanya we bumva ko abana be babuze amata biyemeza kumusura no kumushumbusha bashimangira umuco mwiza w’abanyarwanda.
Bazanye intashyo bati mukomere kandi mutunge mutunganirwe, yashoje ahumuriza uwahuye n’amahano amwifuriza gukomera.
Uhagarariye abatunzi mu Karere ka Nyabihu, Bwana Tegeri Gad, yashimiye umutima w’ubupfura w’aba bavandimwe, ko bawukomeza kuko ari umuco gakondo.
Abitabiriye iki gikorwa bose bishimiye uyu mutima n’umuco mwiza w’abatunzi ba Rwamagana.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu wungirije ushinzwe Imibereho myiza, Bwana Simpenzwe Pascal, yashimiye byimazeyo aba batunzi mu izina ry’ubuyobozi bw’Akarere.
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…
None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…
Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…
Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…