IKIRARO CYO MU KIRERE CYA SHYIRA, CYATEJE IMBERE IMIGENDERANIRE N’UBUHAHIRANE
Abaturage bo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu n’abo mu Murenge wa Mugunga muri Gakenke bishimiye irangira ry’ikiraro cyo mu kirere cyubatswe mu murenge wa Shyira, kizafasha koroshya ingendo n’ubuhahirane hagati y’impande zombi.
Iki kiraro kizafasha cyane abaturage bakeneye serivisi z’ubuvuzi, by’umwihariko ababyeyi batwite bajyanwaga ku Bitaro bya Shyira banyuze mu nzira ndende. Mukarubega Florida, umwe mu bajyanama b’ubuzima bo mu Murenge wa Mugunga, yavuze ko iki kiraro kizagabanya ibibazo byaterwaga n’urugendo rurerure rwatumaga hari n’ababyeyi bashobora kubyarira mu nzira bataragera kwa muganga.
Si mu rwego rw’ubuzima gusa iki kiraro gifitiye abaturage akamaro. Cyanakemuye ikibazo cy’abahinzi n’abacuruzi bo muri Gakenke bajyanaga umusaruro wabo ku Isoko rya Vunga ryo mu Murenge wa Shyira banyuze mu nzira zigoranye cyangwa bakifashisha ubwato butizewe ku mutekano wabwo.
Kuwa 09 Kamena 2026, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Bwana Simpenzwe Pascal, yatangije icyumweru cyahariwe…
Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, ari kumwe na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere, Bwana HABANABAKIZE Protais, bakiriye Intumwa ya…
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…
kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…
Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…
Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…
Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…