Bakomiseri ba RDRC basuye Akarere ka Nyabihu: Bashimangiye ubufatanye mu guteza imbere imibereho myiza y’abasubijwe mu buzima busanzwe.

Ku gicamunsi cyo ku wa 19 Kanama 2025, bayobowe na perezida warwo, Hon. NYIRAHABINEZA Valerie, bakomiseri b’Urwego rushinzwe gusubiza mu buzima busanzwe abahoze mu mitwe yitwaje intwaro (RDRC) bakoreye uruzinduko mu Ntara y’Iburengerazuba, aho bakiriwe n’ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu ku bufatanye n’inzego z’umutekano. Urwo ruzinduko rwari rugamije gushimangira ubufatanye hagati ya RDRC n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze mu guteza imbere abagenerwabikorwa b’uru rwego, binyuze muri gahunda zo kubateza imbere bakibona mu iterambere ry’igihugu.

Mu gusoza uruzinduko, bakomiseri ba RDRC basuye Umudugudu w’Icyitegererezo wa Bihinga, uri mu murenge wa Jenda, akagari ka Rega, aho bamwe mu bagenerwabikorwa ba RDRC basanzwe baravuye mu buzima bwa gisirikare bagasubizwa mu buzima busanzwe batuye. Batanze insimburamaguru kandi abo baturage bashimira byimazeyo Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ku bw’ubuyobozi bwiza bwatumye bagarurirwa agaciro binyuze mu miturire ibereye Umunyarwanda n’ubufasha bubafasha kwiyubaka no kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu.

Umudugudu wa Bihinga, nk’uko byagaragajwe n’abayobozi, ni ishusho nyayo y’icyerekezo cy’u Rwanda cyo kudasiga n’umwe inyuma, kikaba kigaragaza intambwe imaze guterwa mu guteza imbere gahunda z’ubumwe n’ubwiyunge, gusubiza mu buzima busanzwe abari abasirikare no guharanira iterambere rirambye.


URUZINDUKA RWA MINISITIRI W’IBIKORWA BY’UBUTABAZI MU KARERE KA NYABIHU

Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…

Read more →

KWIBUKA32: AKARERE KA NYABIHU KASHYINGUYE MU CYUBAHIRO IMIBIRI 6 Y’ABAZIZE JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI

Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…

Read more →

ABASIRIKARE BIGA MU ISHURI RYA NYAKINAMA BASUYE IBIKORWA BYA BYAKOZWE N'UMUSHINGA WA SEBEYA

Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…

Read more →

INAMA YAGUYE Y’UMUTEKANO YATERANYE YIGA KU NGINGO ZITANDUKANYE

kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…

Read more →

RUBAYA: ISOKO RISHYA RY’IMBOGA N’IMBUTO RYITEZWEHO GUTEZA IMBERE UBUCURUZI

Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…

Read more →

Kintobo:Meya Mukandayisenga yakiriye Hon.Dusingizemungu mu muganda usoza ukwezi kwa Werurwe

Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…

Read more →

BIGOGWE:IBUYE FATIZO RYASHYIZWE AHAGIYE KUBAKIRWA IMIRYANGO 30

Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…

Read more →

UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMUGOREGORE WIZIHIRIJWE MU MURENGE WA SHYIRA

Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…

Read more →

URUBYIRUKO 20 BAHAWE IMPAMYABUMENYI Z’IMYUGA

Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…

Read more →
-->