Bigogwe: Hasorejwe Ukwezi Kwahariwe Umuryango,Imiryango 10 Isezerana byemewe m'amategeko
Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage no gukomeza kubaka umuryango nyarwanda utekanye kandi ushoboye. Ni igikorwa cyitabiriwe na HABANABAKIZE Jean Claude, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu.
Mu byakozwe muri iki gikorwa,imiryango 10 yashyingiwe byemewe n’amategeko, abana bahabwa amata hagamijwe gukomeza kurwanya imirire mibi,hakorwa kandi ubukangurambaga bwo gusuzuma indwara zitandura. Hanaremerwe umuryango umwe wahabwaga inka, mu rwego rwo kongera ubushobozi bw’abaturage no kubafasha kwiteza imbere binyuze mu bworozi.
Mu ijambo rye,HABANABAKIZE Jean Claude yashimye by’umwihariko Umuyobozi w’Igihugu,Perezida Paul KAGAME, na Minisiteri ifite Umuryango mu nshingano (MIGEPROF),ku bufatanye bugenda butuma ibikorwa bigamije guteza imbere umuryango bigera ku baturage mu buryo bubafasha kwihuta mu iterambere.
Yashimiye kandi abaturage bitabiriye iki gikorwa, anasaba imiryango yashyingiwe kubaka umuryango mwiza, utekanye kandi uzira amakimbirane, kuko ari rwo rushingiro rw’iterambere ry’igihugu. Yagarutse ku kamaro ko kubaho mu buzima buzira umuze, kwita ku mirire y’abana no kubashishikariza kujya ku ishuri, ndetse no guca ukubiri n’ibyangiza umuryango birimo inzoga zitemewe, imyanda n’indi migenzo mibi ibangamira imibereho myiza.
Abaturage bitabiriye iki gikorwa bishimiye serivisi bahawe, bashimira ubuyobozi bw’Akarere n’inzego zose zifatanyije mu gutegura iyi gahunda, bavuga ko ibafasha kumenya no gushyira mu bikorwa inshingano z’umuryango uhamye, uharanira gutanga umusanzu mu iterambere ry’igihugu.
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…
kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…
Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…
Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…
Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…
Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…