Bigogwe: Hasorejwe Ukwezi Kwahariwe Umuryango,Imiryango 10 Isezerana byemewe m'amategeko
Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage no gukomeza kubaka umuryango nyarwanda utekanye kandi ushoboye. Ni igikorwa cyitabiriwe na HABANABAKIZE Jean Claude, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu.
Mu byakozwe muri iki gikorwa,imiryango 10 yashyingiwe byemewe n’amategeko, abana bahabwa amata hagamijwe gukomeza kurwanya imirire mibi,hakorwa kandi ubukangurambaga bwo gusuzuma indwara zitandura. Hanaremerwe umuryango umwe wahabwaga inka, mu rwego rwo kongera ubushobozi bw’abaturage no kubafasha kwiteza imbere binyuze mu bworozi.
Mu ijambo rye,HABANABAKIZE Jean Claude yashimye by’umwihariko Umuyobozi w’Igihugu,Perezida Paul KAGAME, na Minisiteri ifite Umuryango mu nshingano (MIGEPROF),ku bufatanye bugenda butuma ibikorwa bigamije guteza imbere umuryango bigera ku baturage mu buryo bubafasha kwihuta mu iterambere.
Yashimiye kandi abaturage bitabiriye iki gikorwa, anasaba imiryango yashyingiwe kubaka umuryango mwiza, utekanye kandi uzira amakimbirane, kuko ari rwo rushingiro rw’iterambere ry’igihugu. Yagarutse ku kamaro ko kubaho mu buzima buzira umuze, kwita ku mirire y’abana no kubashishikariza kujya ku ishuri, ndetse no guca ukubiri n’ibyangiza umuryango birimo inzoga zitemewe, imyanda n’indi migenzo mibi ibangamira imibereho myiza.
Abaturage bitabiriye iki gikorwa bishimiye serivisi bahawe, bashimira ubuyobozi bw’Akarere n’inzego zose zifatanyije mu gutegura iyi gahunda, bavuga ko ibafasha kumenya no gushyira mu bikorwa inshingano z’umuryango uhamye, uharanira gutanga umusanzu mu iterambere ry’igihugu.



Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…
None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…
Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…
Kuri uyu wa 07 Ugushyingo 2025, Akarere ka Nyabihu katangije ku mugaragaro icyumweru cy’ubukangurambaga ku mirire iboneye no kurwanya igwingira…