GAHUNDA YO KWEGERA ABATURAGE NO GUKEMURA IBIBAZO BAFITE
Gahunda yo kwegera abaturage no gukemura ibibazo bafite yatangijwe no guhuza abarokotse jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’1994 n’abakoze jenoside , kuri uyu wa kabiri, tariki ya 25 Ukwakira 2022 mu Murenge wa Shyira ahabereye inama n’abaturage bo muri uyu Murenge, hagamijwe gusaba imbabazi no kuzitanga, guteza imbere Ubumwe n’Ubudaheranwa bw’abanyarwanda, ndetse no gushaka ibizubizo bikwiye ku manza gacaca zitararangira.
Iki gikorwa cyagezweho ku bufatanye bw’Akarere ka Nyabihu n’abafatanyabikorwa, barimo; Association Modeste et Innocent (AMI), RCN Justice et Democratie. Nyuma y’inyigisho nziza zatanzwe, abafite abo bagomba kwishyura imitungo yangijwe mu gihe cya jenoside bashimye inyigisho bahawe ndetse banzura ko bitarenze ku itariki ya 30 Ugushyingo 2022, indishyi bazaba bamaze kuzitanga cyane ko boroherejwe cyane n’abo bahemukiye kugira ngo bakomeze kubana mu mahoro no kunga urunana nta kwishishanya.
Abarokotse jenoside yakorewe abatutsi nabo bashimye uko iyi gahunda yateguwe kandi ko nabo imbabazi bazitanze bidasubirwaho. Iki gikorwa kirakomeza mu yindi Mirenge y’Akarere ka Nyabihu ifite imanza gacaca zitararangira.
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…
None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…
Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…
Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…