GUHEMBA ABANA BATSINZE IBIZAMINI BY’AMASHURI ABANZA
Kuri uyu wa mbere, tariki ya 17/12/2018, ku biro by’Akarere ka Nyabihu, habereye igikorwa cyo guhemba abanyeshuri bitwaye neza mu bizamini bisoza amashuri abanza, ku bufatanye bw’umufatanyabikorwa Reach the Children of Rwanda afatanyije n’ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu. Muri iki gikorwa hahembwe abanyeshuri batanu, bagizwe n’umuhungu umwe n’abakobwa bane, bahawe umufariso wo kuryamira n’ikiringiti kigezweho. Abana bahembwe baje baherekejwe n’ababyeyi babo. Uyu muryango wahembye aba bana wari uhagarariwe n’umuyobozi wawo; Bwana MUSUHUKE Benjamin, ari kumwe n’abafatanyabikorwa baturutse muri Koreya y’epfo. Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu bwari buhagarariwe n’umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza, Bwana SIMPENZWE Pascal; umukozi wa JADF; KARAMBIZI Benjamin n’umukozi wo mu ishami ry’uburezi; NIYONAMBAZA Gervais. Uyu muryango kandi tuributsa ko ari wo washinze ishuri ryitwa Nyabihu Christian Academy, riherereye mu Murenge wa Bigogwe, mu Kagari ka Kijote, ahazwi ku izina rya Shaba. Uyu muryango rero ufasha mu burezi, kandi bakita cyane cyane ku bana bari mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe. Mu mwaka wa 2017, bafashije imiryango ikennye bayiha inka eshanu n’ihene ijana.
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…
kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…
Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…
Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…
Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…
Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…