GUHEMBA ABANA BATSINZE IBIZAMINI BY’AMASHURI ABANZA
Kuri uyu wa mbere, tariki ya 17/12/2018, ku biro by’Akarere ka Nyabihu, habereye igikorwa cyo guhemba abanyeshuri bitwaye neza mu bizamini bisoza amashuri abanza, ku bufatanye bw’umufatanyabikorwa Reach the Children of Rwanda afatanyije n’ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu. Muri iki gikorwa hahembwe abanyeshuri batanu, bagizwe n’umuhungu umwe n’abakobwa bane, bahawe umufariso wo kuryamira n’ikiringiti kigezweho. Abana bahembwe baje baherekejwe n’ababyeyi babo. Uyu muryango wahembye aba bana wari uhagarariwe n’umuyobozi wawo; Bwana MUSUHUKE Benjamin, ari kumwe n’abafatanyabikorwa baturutse muri Koreya y’epfo. Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu bwari buhagarariwe n’umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza, Bwana SIMPENZWE Pascal; umukozi wa JADF; KARAMBIZI Benjamin n’umukozi wo mu ishami ry’uburezi; NIYONAMBAZA Gervais. Uyu muryango kandi tuributsa ko ari wo washinze ishuri ryitwa Nyabihu Christian Academy, riherereye mu Murenge wa Bigogwe, mu Kagari ka Kijote, ahazwi ku izina rya Shaba. Uyu muryango rero ufasha mu burezi, kandi bakita cyane cyane ku bana bari mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe. Mu mwaka wa 2017, bafashije imiryango ikennye bayiha inka eshanu n’ihene ijana.
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…
None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…
Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…
Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…