GUHEMBA ABANA BATSINZE IBIZAMINI BY’AMASHURI ABANZA

Kuri uyu wa mbere, tariki ya 17/12/2018, ku biro by’Akarere ka Nyabihu, habereye igikorwa cyo guhemba abanyeshuri bitwaye neza mu bizamini bisoza amashuri abanza, ku bufatanye bw’umufatanyabikorwa Reach the Children of Rwanda afatanyije n’ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu. Muri iki gikorwa hahembwe abanyeshuri batanu, bagizwe n’umuhungu umwe n’abakobwa bane, bahawe umufariso wo kuryamira n’ikiringiti kigezweho. Abana bahembwe baje baherekejwe n’ababyeyi babo. Uyu muryango wahembye aba bana wari uhagarariwe n’umuyobozi wawo; Bwana MUSUHUKE Benjamin, ari kumwe n’abafatanyabikorwa baturutse muri Koreya y’epfo. Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu bwari buhagarariwe n’umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza, Bwana SIMPENZWE Pascal; umukozi wa JADF; KARAMBIZI Benjamin n’umukozi wo mu ishami ry’uburezi; NIYONAMBAZA Gervais. Uyu muryango kandi tuributsa ko ari wo washinze ishuri ryitwa Nyabihu Christian Academy, riherereye mu Murenge wa Bigogwe, mu Kagari ka Kijote, ahazwi ku izina rya Shaba. Uyu muryango rero ufasha mu burezi, kandi bakita cyane cyane ku bana bari mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe. Mu mwaka wa 2017, bafashije imiryango ikennye bayiha inka eshanu n’ihene ijana.


URUBYRUKO 20 BAHAWE IMPAMYABUMENYI Z’IMYUGA

Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…

Read more →

RUGERA: HUZUYE IKIRARO CYO MU KIRERE CYA METERO 95

Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…

Read more →

ABASENATERI BASUZUMYE ITERAMBERE RY’UBWOROZI MU KARERE KA NYABIHU

Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…

Read more →

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka Nyabihu

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…

Read more →

RAMBURA: HIZIHIJWE UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMWARIMU, HAHEMBWA INDASHYIKIRWA

Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…

Read more →

VISI MEYA SIMPENZWE PASCAL YIFATANYIJE N’ABATURAGE MU GUSOZA IBIKORWA BY’UMUSHINGA HEALTH POVERTY ACTION

Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana  SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…

Read more →

U Rwanda rwifatanyije n’Isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga wabereye mu Karere ka Nyabihu

None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…

Read more →

Abayobozi b’Inzego Zitandukanye Bifatanyije n’Abaturage ba Bukinanyana mu Muganda wo Kwimakaza Isuku n’Isukura

Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…

Read more →

Bigogwe: Hasorejwe Ukwezi Kwahariwe Umuryango,Imiryango 10 Isezerana byemewe m'amategeko

Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…

Read more →
-->