GUTAHA KU MUGARAGARO CENTER OF HOPE
Kuri uyu wa kabiri, tariki ya 08 Ugushyingo 2022, mu Murenge wa Jenda, Akagari ka Bukinanyana, hafunguwe ku mugaragaro (Official launching) ikigo cya Center of Hope, iki kigo cyubatswe ku bufatanye bw’Akarere ka Nyabihu n’Umuryango nyarwanda utari uwa Leta; Impact Hope Rwanda. Ikigo Center of Hope gitanga serivise z’ubumenyi ngiro zitandukanye, zirimo; Ubudozi, Ubutetsi (Culinary art), Gutunganya/ kuboha imisatsi, Ubuhinzi( Permaculture)..
Umuhango wo gutaha iki kigo ku mugaragaro witabiriwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu wungirije ushinzwe imibereho myiza, Bwana Simpenzwe Pascal akaba n’umushyiutsi mukuru muri iyi gahunda, abakozi ku rwego rw’Akarere bafite ibi bikorwa mu nshingano, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Jenda, abakozi ku rwego rw’Umurenge, abayobozi b’ikigo, abakozi , ababyeyi barerera muri iki kigo, abafatanyabikorwa(abaterankunga b’ikigo).
Habayeho umwanya wo gusura ibice byose bigize ikigo, aho urubyiruko rwigira, aho bimenyerereza ibijyanye n’amasomo, aho bafatira amafunguro n’ahandi. Abayobozi b’ikigo n’Abakarere bagarutse ku kamaro k’ikigo cyane cyane gufasha urubyiruko kwiteza imbere no kugira uruhare mu kurwanya no kwirinda ingeso mbi ziganisha ku biyobyabwenge, inda zidateganyijwe n’ibindi bibi biganisha urubyiruko mu bibazo by’ubukene bw’akarande.
Mu gihe cy’Icyumweru cy’Umujyanama cyabaye kuva ku wa 17 kugeza ku wa 19 Kamena 2026, abagize Inama Njyanama basuye ibikorwa bitandukanye mu mirenge…
Mu rwego rwo kwigiranaho ku ngamba zo kwesa Imihigo n’uburyo zishyirwa mu bikorwa, itsinda rigari ry’Akarere ka Nyabihu riyobowe n’Umunyamabanga…
Kuri uyu wa 13 Kamena 2026,Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette,yakiriye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko…
Abaturage bo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu n’abo mu Murenge wa Mugunga muri Gakenke bishimiye irangira ry’ikiraro cyo mu kirere cyubatswe…
Kuwa 09 Kamena 2026, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Bwana Simpenzwe Pascal, yatangije icyumweru cyahariwe…
Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, ari kumwe na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere, Bwana HABANABAKIZE Protais, bakiriye Intumwa ya…
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…