GUTAHA KU MUGARAGARO CENTER OF HOPE

Kuri uyu wa kabiri, tariki ya 08 Ugushyingo 2022, mu Murenge wa Jenda, Akagari ka Bukinanyana, hafunguwe ku mugaragaro (Official launching) ikigo cya Center of Hope, iki kigo cyubatswe ku bufatanye bw’Akarere ka Nyabihu n’Umuryango nyarwanda utari uwa Leta; Impact Hope Rwanda. Ikigo Center of Hope gitanga serivise z’ubumenyi ngiro zitandukanye, zirimo; Ubudozi, Ubutetsi (Culinary art), Gutunganya/ kuboha imisatsi, Ubuhinzi( Permaculture)..

Umuhango wo gutaha iki kigo ku mugaragaro witabiriwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu wungirije ushinzwe imibereho myiza, Bwana Simpenzwe Pascal akaba n’umushyiutsi mukuru muri iyi gahunda, abakozi ku rwego rw’Akarere bafite ibi bikorwa mu nshingano, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Jenda, abakozi ku rwego rw’Umurenge, abayobozi b’ikigo, abakozi , ababyeyi barerera muri iki kigo, abafatanyabikorwa(abaterankunga b’ikigo).

Habayeho umwanya wo gusura ibice byose bigize ikigo, aho urubyiruko rwigira, aho bimenyerereza ibijyanye n’amasomo, aho bafatira amafunguro n’ahandi. Abayobozi b’ikigo n’Abakarere bagarutse ku kamaro k’ikigo cyane cyane gufasha urubyiruko kwiteza imbere no kugira uruhare mu kurwanya no kwirinda ingeso mbi ziganisha ku biyobyabwenge, inda zidateganyijwe n’ibindi bibi biganisha urubyiruko mu bibazo by’ubukene bw’akarande.


URUZINDUKA RWA MINISITIRI W’IBIKORWA BY’UBUTABAZI MU KARERE KA NYABIHU

Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…

Read more →

KWIBUKA32: AKARERE KA NYABIHU KASHYINGUYE MU CYUBAHIRO IMIBIRI 6 Y’ABAZIZE JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI

Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…

Read more →

ABASIRIKARE BIGA MU ISHURI RYA NYAKINAMA BASUYE IBIKORWA BYA BYAKOZWE N'UMUSHINGA WA SEBEYA

Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…

Read more →

INAMA YAGUYE Y’UMUTEKANO YATERANYE YIGA KU NGINGO ZITANDUKANYE

kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…

Read more →

RUBAYA: ISOKO RISHYA RY’IMBOGA N’IMBUTO RYITEZWEHO GUTEZA IMBERE UBUCURUZI

Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…

Read more →

Kintobo:Meya Mukandayisenga yakiriye Hon.Dusingizemungu mu muganda usoza ukwezi kwa Werurwe

Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…

Read more →

BIGOGWE:IBUYE FATIZO RYASHYIZWE AHAGIYE KUBAKIRWA IMIRYANGO 30

Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…

Read more →

UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMUGOREGORE WIZIHIRIJWE MU MURENGE WA SHYIRA

Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…

Read more →

URUBYIRUKO 20 BAHAWE IMPAMYABUMENYI Z’IMYUGA

Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…

Read more →
-->