GUTAHA KU MUGARAGARO CENTER OF HOPE
Kuri uyu wa kabiri, tariki ya 08 Ugushyingo 2022, mu Murenge wa Jenda, Akagari ka Bukinanyana, hafunguwe ku mugaragaro (Official launching) ikigo cya Center of Hope, iki kigo cyubatswe ku bufatanye bw’Akarere ka Nyabihu n’Umuryango nyarwanda utari uwa Leta; Impact Hope Rwanda. Ikigo Center of Hope gitanga serivise z’ubumenyi ngiro zitandukanye, zirimo; Ubudozi, Ubutetsi (Culinary art), Gutunganya/ kuboha imisatsi, Ubuhinzi( Permaculture)..
Umuhango wo gutaha iki kigo ku mugaragaro witabiriwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu wungirije ushinzwe imibereho myiza, Bwana Simpenzwe Pascal akaba n’umushyiutsi mukuru muri iyi gahunda, abakozi ku rwego rw’Akarere bafite ibi bikorwa mu nshingano, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Jenda, abakozi ku rwego rw’Umurenge, abayobozi b’ikigo, abakozi , ababyeyi barerera muri iki kigo, abafatanyabikorwa(abaterankunga b’ikigo).
Habayeho umwanya wo gusura ibice byose bigize ikigo, aho urubyiruko rwigira, aho bimenyerereza ibijyanye n’amasomo, aho bafatira amafunguro n’ahandi. Abayobozi b’ikigo n’Abakarere bagarutse ku kamaro k’ikigo cyane cyane gufasha urubyiruko kwiteza imbere no kugira uruhare mu kurwanya no kwirinda ingeso mbi ziganisha ku biyobyabwenge, inda zidateganyijwe n’ibindi bibi biganisha urubyiruko mu bibazo by’ubukene bw’akarande.
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…
None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…
Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…
Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…