GUTANGIZA IGIHEMBWE CY’IHINGA RY’UBWATSI BW’AMATUNGO

Igihembwe cy’ihinga ry’ubwatsi bw’amatungo 2023A, cyatangirijwe mu Murenge wa Rambura, Akagari ka Guliro, Umugudugu wa Nyaguragura, haterwa imbuto z’ibinyamisogwe n’ibinyampeke, twavuga nka; Desmodium, Incinatum, Pannicum chroratum, Kakamega n’izindi, ku buso bungana na hegitari 1(1ha).

Mu kurushaho kwimakaza umuco wo kunywa amata uhereye cyane mu bana bato n’inshuke ndetse no kurwanya igwingira ry’abana, nyuma y’iki gikorwa cyo gutera imbuto, abacyitabiriye bahaye amata abana 27 barererwa muri ECD Kurakibondo yo mu Murenge wa Rambura, binyuze muri LFFS Twitezimbere mu bworozi, baboneyeho nanone gutaha ikusanyirizo rito ry’amata (MCP Rambura) ryubatswe ku nkunga ya RAB RDDP, rikaba ryamurikiwe n’ibikoresho bigezweho byo gutwara, gupima ndetse no gukonjesha amata, ibikoresho byatanzwe ku nkunga ya RDDP, aho bakira litiro 2080 ku munsi.

Iki gikorwa cyitabiriwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Bwana Habanabakize Jean Claude, ari kumwe n’abahagarariye inzego z’umutekano zikorera mu Karere, abakozi bafite ubworozi mu nshingano bakorera ku rwego rw’Akarere, urw’Umurenge ndetse n’urw’Akagari hamwe n’ aborozi bibumbiye muri LFFS.


URUBYRUKO 20 BAHAWE IMPAMYABUMENYI Z’IMYUGA

Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…

Read more →

RUGERA: HUZUYE IKIRARO CYO MU KIRERE CYA METERO 95

Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…

Read more →

ABASENATERI BASUZUMYE ITERAMBERE RY’UBWOROZI MU KARERE KA NYABIHU

Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…

Read more →

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka Nyabihu

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…

Read more →

RAMBURA: HIZIHIJWE UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMWARIMU, HAHEMBWA INDASHYIKIRWA

Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…

Read more →

VISI MEYA SIMPENZWE PASCAL YIFATANYIJE N’ABATURAGE MU GUSOZA IBIKORWA BY’UMUSHINGA HEALTH POVERTY ACTION

Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana  SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…

Read more →

U Rwanda rwifatanyije n’Isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga wabereye mu Karere ka Nyabihu

None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…

Read more →

Abayobozi b’Inzego Zitandukanye Bifatanyije n’Abaturage ba Bukinanyana mu Muganda wo Kwimakaza Isuku n’Isukura

Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…

Read more →

Bigogwe: Hasorejwe Ukwezi Kwahariwe Umuryango,Imiryango 10 Isezerana byemewe m'amategeko

Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…

Read more →
-->