GUTANGIZA IGIHEMBWE CY’IHINGA RY’UBWATSI BW’AMATUNGO
Igihembwe cy’ihinga ry’ubwatsi bw’amatungo 2023A, cyatangirijwe mu Murenge wa Rambura, Akagari ka Guliro, Umugudugu wa Nyaguragura, haterwa imbuto z’ibinyamisogwe n’ibinyampeke, twavuga nka; Desmodium, Incinatum, Pannicum chroratum, Kakamega n’izindi, ku buso bungana na hegitari 1(1ha).
Mu kurushaho kwimakaza umuco wo kunywa amata uhereye cyane mu bana bato n’inshuke ndetse no kurwanya igwingira ry’abana, nyuma y’iki gikorwa cyo gutera imbuto, abacyitabiriye bahaye amata abana 27 barererwa muri ECD Kurakibondo yo mu Murenge wa Rambura, binyuze muri LFFS Twitezimbere mu bworozi, baboneyeho nanone gutaha ikusanyirizo rito ry’amata (MCP Rambura) ryubatswe ku nkunga ya RAB RDDP, rikaba ryamurikiwe n’ibikoresho bigezweho byo gutwara, gupima ndetse no gukonjesha amata, ibikoresho byatanzwe ku nkunga ya RDDP, aho bakira litiro 2080 ku munsi.
Iki gikorwa cyitabiriwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Bwana Habanabakize Jean Claude, ari kumwe n’abahagarariye inzego z’umutekano zikorera mu Karere, abakozi bafite ubworozi mu nshingano bakorera ku rwego rw’Akarere, urw’Umurenge ndetse n’urw’Akagari hamwe n’ aborozi bibumbiye muri LFFS.
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…
None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…
Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…
Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…