Guverineri Ntibitura yifatanyije n’Abaturage gushyira inyongeramusaruro ku bigori

Mu rwego rwo gushyigikira gahunda mbaturabukungu ya FOBASI, none kuwa 06 Ugushyingo 2025,Umuyobozi w’Intara y’Iburengerazuba, Bwana NTIBITURA Jean Bosco, ari kumwe n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu n’izindi nzego z’umutekano n’ubuhinzi, yifatanyije n’abaturage bo mu Mudugudu wa Mukaka, Akagari ka Mpinga mu Murenge wa Shyira, mu gikorwa cyo gushyira inyongeramusaruro ku bigori.

Iyi site ihinzeho ibigori ku buso bungana na hegitari 29.7, ikaba iri mu zihanzwe amaso mu kongera umusaruro w’ibigori mu Karere ka Nyabihu n’Intara yose.

Mu ijambo rye, Bwana NTIBITURA Jean Bosco yashimiye Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda ku rwego rwo hejuru rw’ubwitange agira ku mibereho y’abaturage, birimo no kubagezaho inyongeramusaruro y’ubuntu igamije kuzamura umusaruro no gutuma buri rugo rugira uruhare mu kwihaza mu biribwa.

Yasabye abahinzi bo mu Murenge wa Shyira gukomeza kwita ku bihingwa byabo, gukurikiza inama z’abagoronome no guharanira umusaruro mwinshi kugira ngo iyi gahunda yeze imbuto zitezwe.

Nyuma yo kwifatanya n’abaturage mu murima, Umuyobozi w’Intara n’itsinda bari kumwe bakomeje uruzinduko basura amazu ari kubakirwa imiryango yasenyewe n’ibiza mu rwego rwo kureba aho imirimo igeze no kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ryayo.

Uru ruzinduko rwasojwe no gusura Ishuri ryisumbuye rya GS Shyira, aho Guverineri Ntibitura yaganiriye n’abanyeshuri, abasaba gukorana umurava, kwiga bagamije kuzaba abakozi b’indashyikirwa, no gukoresha neza amahirwe igihugu kibaha mu rwego rwo kwiyubakira ejo hazaza heza.


URUBYRUKO 20 BAHAWE IMPAMYABUMENYI Z’IMYUGA

Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…

Read more →

RUGERA: HUZUYE IKIRARO CYO MU KIRERE CYA METERO 95

Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…

Read more →

ABASENATERI BASUZUMYE ITERAMBERE RY’UBWOROZI MU KARERE KA NYABIHU

Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…

Read more →

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka Nyabihu

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…

Read more →

RAMBURA: HIZIHIJWE UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMWARIMU, HAHEMBWA INDASHYIKIRWA

Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…

Read more →

VISI MEYA SIMPENZWE PASCAL YIFATANYIJE N’ABATURAGE MU GUSOZA IBIKORWA BY’UMUSHINGA HEALTH POVERTY ACTION

Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana  SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…

Read more →

U Rwanda rwifatanyije n’Isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga wabereye mu Karere ka Nyabihu

None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…

Read more →

Abayobozi b’Inzego Zitandukanye Bifatanyije n’Abaturage ba Bukinanyana mu Muganda wo Kwimakaza Isuku n’Isukura

Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…

Read more →

Bigogwe: Hasorejwe Ukwezi Kwahariwe Umuryango,Imiryango 10 Isezerana byemewe m'amategeko

Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…

Read more →
-->