Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba yasuye abaturage bo mu mirenge ya Rugera na Shyira.
Mu rwego rwo gukomeza kwegera abaturage no gukemura ibibazo byabo mu buryo buboneye, ku gicamunsi cyo kuwa 22 Kanama, 2025, Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Bwana Ntibitura Jean Bosco, ari kumwe n’abayobozi bakuru b’inzego z’umutekano zitandukanye, yagiriye uruzinduko mu mirenge ya Rugera na Shyira .
Iyi gahunda yitabiriwe n’abaturage benshi hamwe n’abayobozi b’inzego z’ibanze, aho bahawe umwanya wo kuganira n’ubuyobozi ku bibazo bibabangamiye, gutanga ibitekerezo ku iterambere ry’akarere, no gusaba ibisobanuro ku byo bakeneye kumenya.
Mu ijambo rye, Guverineri Ntibitura yibukije abaturage uruhare rwabo mu kubaka no kurinda igihugu, abasaba kuba maso no gufatanya n’inzego z’umutekano mu kubungabunga amahoro n’umutekano, nk’ibanze ry’iterambere rirambye. Abaturage bibukije ko umutekano ari inshingano za buri wese, atari iz’inzego z’umutekano gusa.
Yasabye kandi abaturage kwitabira ibikorwa bigamije iterambere ryabo n’iry’umuryango nyarwanda, anashimangira amahirwe ari mu bikorwa bya Leta mu rwego rwo kuzamura imibereho myiza. Yibanze cyane ku kamaro k’uburezi nk’inzira yo kugera ku iterambere rirambye.
Igice kinini cy’ibiganiro cyibanze ku kurwanya ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, ihohoterwa ryo mu ngo, n’amakimbirane mu miryango. Guverineri Ntibitura yagarutse ku ngaruka mbi z’ibiyobyabwenge, asaba ubufatanye bwa buri wese mu gukumira ibyo bikorwa hifashishijwe uburinzi bushingiye ku bufatanye.
Abaturage bahawe umwanya wo kugaragaza ibibazo bahura nabyo mu buzima bwa buri munsi birimo ibijyanye n’imihanda n’ubutaka. Guverineri yasubije bimwe mu bibazo byahise bitangwa, atanga, ndetse asaba inzego bireba gukurikirana ibitarabonewe umwanzuro ako kanya.
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…
kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…
Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…
Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…
Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…
Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…