Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba yasuye abaturage bo mu mirenge ya Rugera na Shyira.
Mu rwego rwo gukomeza kwegera abaturage no gukemura ibibazo byabo mu buryo buboneye, ku gicamunsi cyo kuwa 22 Kanama, 2025, Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Bwana Ntibitura Jean Bosco, ari kumwe n’abayobozi bakuru b’inzego z’umutekano zitandukanye, yagiriye uruzinduko mu mirenge ya Rugera na Shyira .
Iyi gahunda yitabiriwe n’abaturage benshi hamwe n’abayobozi b’inzego z’ibanze, aho bahawe umwanya wo kuganira n’ubuyobozi ku bibazo bibabangamiye, gutanga ibitekerezo ku iterambere ry’akarere, no gusaba ibisobanuro ku byo bakeneye kumenya.
Mu ijambo rye, Guverineri Ntibitura yibukije abaturage uruhare rwabo mu kubaka no kurinda igihugu, abasaba kuba maso no gufatanya n’inzego z’umutekano mu kubungabunga amahoro n’umutekano, nk’ibanze ry’iterambere rirambye. Abaturage bibukije ko umutekano ari inshingano za buri wese, atari iz’inzego z’umutekano gusa.
Yasabye kandi abaturage kwitabira ibikorwa bigamije iterambere ryabo n’iry’umuryango nyarwanda, anashimangira amahirwe ari mu bikorwa bya Leta mu rwego rwo kuzamura imibereho myiza. Yibanze cyane ku kamaro k’uburezi nk’inzira yo kugera ku iterambere rirambye.
Igice kinini cy’ibiganiro cyibanze ku kurwanya ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, ihohoterwa ryo mu ngo, n’amakimbirane mu miryango. Guverineri Ntibitura yagarutse ku ngaruka mbi z’ibiyobyabwenge, asaba ubufatanye bwa buri wese mu gukumira ibyo bikorwa hifashishijwe uburinzi bushingiye ku bufatanye.
Abaturage bahawe umwanya wo kugaragaza ibibazo bahura nabyo mu buzima bwa buri munsi birimo ibijyanye n’imihanda n’ubutaka. Guverineri yasubije bimwe mu bibazo byahise bitangwa, atanga, ndetse asaba inzego bireba gukurikirana ibitarabonewe umwanzuro ako kanya.


Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…
None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…
Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…
Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…