Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba yasuye abaturage bo mu mirenge ya Rugera na Shyira.

Mu rwego rwo gukomeza kwegera abaturage no gukemura ibibazo byabo mu buryo buboneye, ku gicamunsi cyo kuwa 22 Kanama, 2025, Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Bwana Ntibitura Jean Bosco, ari kumwe n’abayobozi bakuru b’inzego z’umutekano zitandukanye, yagiriye uruzinduko mu mirenge ya Rugera na Shyira .

Iyi gahunda yitabiriwe n’abaturage benshi hamwe n’abayobozi b’inzego z’ibanze, aho bahawe umwanya wo kuganira n’ubuyobozi ku bibazo bibabangamiye, gutanga ibitekerezo ku iterambere ry’akarere, no gusaba ibisobanuro ku byo bakeneye kumenya.

Mu ijambo rye, Guverineri Ntibitura yibukije abaturage uruhare rwabo mu kubaka no kurinda igihugu, abasaba kuba maso no gufatanya n’inzego z’umutekano mu kubungabunga amahoro n’umutekano, nk’ibanze ry’iterambere rirambye. Abaturage bibukije ko umutekano ari inshingano za buri wese, atari iz’inzego z’umutekano gusa.

Yasabye kandi abaturage kwitabira ibikorwa bigamije iterambere ryabo n’iry’umuryango nyarwanda, anashimangira amahirwe ari mu bikorwa bya Leta mu rwego rwo kuzamura imibereho myiza. Yibanze cyane ku kamaro k’uburezi nk’inzira yo kugera ku iterambere rirambye.

Igice kinini cy’ibiganiro cyibanze ku kurwanya ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, ihohoterwa ryo mu ngo, n’amakimbirane mu miryango. Guverineri Ntibitura yagarutse ku ngaruka mbi z’ibiyobyabwenge, asaba ubufatanye bwa buri wese mu gukumira ibyo bikorwa hifashishijwe uburinzi bushingiye ku bufatanye.

Abaturage bahawe umwanya wo kugaragaza ibibazo bahura nabyo mu buzima bwa buri munsi birimo ibijyanye n’imihanda n’ubutaka. Guverineri yasubije bimwe mu bibazo byahise bitangwa, atanga, ndetse asaba inzego bireba gukurikirana ibitarabonewe umwanzuro ako kanya.


URUBYRUKO 20 BAHAWE IMPAMYABUMENYI Z’IMYUGA

Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…

Read more →

RUGERA: HUZUYE IKIRARO CYO MU KIRERE CYA METERO 95

Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…

Read more →

ABASENATERI BASUZUMYE ITERAMBERE RY’UBWOROZI MU KARERE KA NYABIHU

Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…

Read more →

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka Nyabihu

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…

Read more →

RAMBURA: HIZIHIJWE UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMWARIMU, HAHEMBWA INDASHYIKIRWA

Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…

Read more →

VISI MEYA SIMPENZWE PASCAL YIFATANYIJE N’ABATURAGE MU GUSOZA IBIKORWA BY’UMUSHINGA HEALTH POVERTY ACTION

Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana  SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…

Read more →

U Rwanda rwifatanyije n’Isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga wabereye mu Karere ka Nyabihu

None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…

Read more →

Abayobozi b’Inzego Zitandukanye Bifatanyije n’Abaturage ba Bukinanyana mu Muganda wo Kwimakaza Isuku n’Isukura

Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…

Read more →

Bigogwe: Hasorejwe Ukwezi Kwahariwe Umuryango,Imiryango 10 Isezerana byemewe m'amategeko

Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…

Read more →
-->