IBIGANIRO BY’UBUMWE N’UBUDAHERANWA MU KARERE KA NYABIHU.
Ibiganiro by’Ihuriro ry’ubumwe n’ubudaheranwa ku rwego rw’Akarere byabereye mu cyumba cy’inama cya Mukamira Guest house, kuri uyu wa kane, tariki ya 10 Ukwakira 2024.
Ibyo biganiro byateguwe ku bufatanye bw’Akarere ka Nyabihu, Minisiteri y’ubumwe bw’abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu( MINUBUMWE), Unity Club Intwararumuri na International Alert.
Umushyitsi mukuru muri ibyo biganiro yari Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, akaba n’imboni y’Akarere ka Nyabihu mu Guverinoma, Dr. Musafiri Ildephonse, wakiriwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu Mukandayisenga Antoinette.
Ibyo biganiro kandi byateguwe mu kwezi k’ubumwe n’ubudaheranwa by’abanyarwanda kwahawe insanganyamatsiko igira iti” Indangagaciro z’umuco nyarwanda, isooko y’ubumwe n’ubudaheranwa bw’abanyarwanga’’.
Ikiganiro cyatanzwe ku buryo bwa panel igizwe n’abantu batanu bagarutse ku ruhare rw’indangagaciro na kirazira mu kubaka ubumwe n’ubudaheranwa bw’abanyarwanda, harebewe hamwe inzitizi zigihari hanafatwa ingamba zo gukemura ibibazo bikibangamiye ubumwe n’ubudaheranwa by’umwihariko abatuye Akarere ka Nyabihu.
Nyuma cy’icyo kiganiro hakurikiyeho umwanya w’ibiganiro mu matsinda ane yagutse, hakurikiraho kungurana ibitekerezo biganisha ku myanzuro ngiro y’Ihuriro ikiri kunozwa kugira ngo ishyikirizwe MINUBUMWE mu gihe cya vuba.
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…
kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…
Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…
Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…
Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…
Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…