IBIGANIRO BY’UBUMWE N’UBUDAHERANWA MU KARERE KA NYABIHU.
Ibiganiro by’Ihuriro ry’ubumwe n’ubudaheranwa ku rwego rw’Akarere byabereye mu cyumba cy’inama cya Mukamira Guest house, kuri uyu wa kane, tariki ya 10 Ukwakira 2024.
Ibyo biganiro byateguwe ku bufatanye bw’Akarere ka Nyabihu, Minisiteri y’ubumwe bw’abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu( MINUBUMWE), Unity Club Intwararumuri na International Alert.
Umushyitsi mukuru muri ibyo biganiro yari Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, akaba n’imboni y’Akarere ka Nyabihu mu Guverinoma, Dr. Musafiri Ildephonse, wakiriwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu Mukandayisenga Antoinette.
Ibyo biganiro kandi byateguwe mu kwezi k’ubumwe n’ubudaheranwa by’abanyarwanda kwahawe insanganyamatsiko igira iti” Indangagaciro z’umuco nyarwanda, isooko y’ubumwe n’ubudaheranwa bw’abanyarwanga’’.
Ikiganiro cyatanzwe ku buryo bwa panel igizwe n’abantu batanu bagarutse ku ruhare rw’indangagaciro na kirazira mu kubaka ubumwe n’ubudaheranwa bw’abanyarwanda, harebewe hamwe inzitizi zigihari hanafatwa ingamba zo gukemura ibibazo bikibangamiye ubumwe n’ubudaheranwa by’umwihariko abatuye Akarere ka Nyabihu.
Nyuma cy’icyo kiganiro hakurikiyeho umwanya w’ibiganiro mu matsinda ane yagutse, hakurikiraho kungurana ibitekerezo biganisha ku myanzuro ngiro y’Ihuriro ikiri kunozwa kugira ngo ishyikirizwe MINUBUMWE mu gihe cya vuba.
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…
None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…
Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…
Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…