IBIRETI: ISOKO Y’UBUKUNGU N’AMAFARANGA MU MURENGE WA KABATWA
Abaturage bo mu Murenge wa Kabatwa, mu Karere ka Nyabihu, bavuga ko ibireti ari kimwe mu bihingwa byabafashije kwiteza imbere no guteza imbere ubukungu bw’Akarere muri rusange.
Usibye kwinjiza amadevise menshi mu Karere, guhinga ibireti byahinduye ubuzima bwa benshi. HITIMANA Jean Damascène, umwe mu bahinzi b’indashyikirwa, avuga ko uruganda SOPYRWA Horizon rwamuhaye inka nk’igihembo cyo guhinga neza ibireti. Ati:
“Iyi nka yampaye ifumbire, yarabyaye, nanitura abandi. Ibireti byamfashije kwiteza imbere mu buryo ntatekerezaga.”
Uretse guteza imbere abahinzi, ibireti bifite n’agaciro kanini mu nganda. Nk’uko agoronome ukorera mu bwanikiro bw’ibireti bwa Kabatwa abivuga, ibireti bikurwamo imiti yica udukoko dutandukanye ikoreshwa hirya no hino ku isi.
Mu Karere ka Nyabihu, Iki gihingwa ngengabukungu cyerera hejuru kigasarurwa indabo, gihingwa mu Mirenge ya Bigogwe,Jenda,Kabatwa na Mukamira, kakaba ari nako Karere gatanga umusaruru mwishi mu gihugu.Mu rwego rwo gukomeza guteza imbere ubukungu burambye, abaturage basabwa gukomeza guhinga ibireti neza no kubibyaza umusaruro mwinshi.
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…
kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…
Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…
Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…
Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…
Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…