IBIRETI: ISOKO Y’UBUKUNGU N’AMAFARANGA MU MURENGE WA KABATWA
Abaturage bo mu Murenge wa Kabatwa, mu Karere ka Nyabihu, bavuga ko ibireti ari kimwe mu bihingwa byabafashije kwiteza imbere no guteza imbere ubukungu bw’Akarere muri rusange.
Usibye kwinjiza amadevise menshi mu Karere, guhinga ibireti byahinduye ubuzima bwa benshi. HITIMANA Jean Damascène, umwe mu bahinzi b’indashyikirwa, avuga ko uruganda SOPYRWA Horizon rwamuhaye inka nk’igihembo cyo guhinga neza ibireti. Ati:
“Iyi nka yampaye ifumbire, yarabyaye, nanitura abandi. Ibireti byamfashije kwiteza imbere mu buryo ntatekerezaga.”
Uretse guteza imbere abahinzi, ibireti bifite n’agaciro kanini mu nganda. Nk’uko agoronome ukorera mu bwanikiro bw’ibireti bwa Kabatwa abivuga, ibireti bikurwamo imiti yica udukoko dutandukanye ikoreshwa hirya no hino ku isi.
Mu Karere ka Nyabihu, Iki gihingwa ngengabukungu cyerera hejuru kigasarurwa indabo, gihingwa mu Mirenge ya Bigogwe,Jenda,Kabatwa na Mukamira, kakaba ari nako Karere gatanga umusaruru mwishi mu gihugu.Mu rwego rwo gukomeza guteza imbere ubukungu burambye, abaturage basabwa gukomeza guhinga ibireti neza no kubibyaza umusaruro mwinshi.
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…
None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…
Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…
Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…