IBIRETI: ISOKO Y’UBUKUNGU N’AMAFARANGA MU MURENGE WA KABATWA
Abaturage bo mu Murenge wa Kabatwa, mu Karere ka Nyabihu, bavuga ko ibireti ari kimwe mu bihingwa byabafashije kwiteza imbere no guteza imbere ubukungu bw’Akarere muri rusange.
Usibye kwinjiza amadevise menshi mu Karere, guhinga ibireti byahinduye ubuzima bwa benshi. HITIMANA Jean Damascène, umwe mu bahinzi b’indashyikirwa, avuga ko uruganda SOPYRWA Horizon rwamuhaye inka nk’igihembo cyo guhinga neza ibireti. Ati:
“Iyi nka yampaye ifumbire, yarabyaye, nanitura abandi. Ibireti byamfashije kwiteza imbere mu buryo ntatekerezaga.”
Uretse guteza imbere abahinzi, ibireti bifite n’agaciro kanini mu nganda. Nk’uko agoronome ukorera mu bwanikiro bw’ibireti bwa Kabatwa abivuga, ibireti bikurwamo imiti yica udukoko dutandukanye ikoreshwa hirya no hino ku isi.
Mu Karere ka Nyabihu, Iki gihingwa ngengabukungu cyerera hejuru kigasarurwa indabo, gihingwa mu Mirenge ya Bigogwe,Jenda,Kabatwa na Mukamira, kakaba ari nako Karere gatanga umusaruru mwishi mu gihugu.Mu rwego rwo gukomeza guteza imbere ubukungu burambye, abaturage basabwa gukomeza guhinga ibireti neza no kubibyaza umusaruro mwinshi.
Mu gihe cy’Icyumweru cy’Umujyanama cyabaye kuva ku wa 17 kugeza ku wa 19 Kamena 2026, abagize Inama Njyanama basuye ibikorwa bitandukanye mu mirenge…
Mu rwego rwo kwigiranaho ku ngamba zo kwesa Imihigo n’uburyo zishyirwa mu bikorwa, itsinda rigari ry’Akarere ka Nyabihu riyobowe n’Umunyamabanga…
Kuri uyu wa 13 Kamena 2026,Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette,yakiriye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko…
Abaturage bo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu n’abo mu Murenge wa Mugunga muri Gakenke bishimiye irangira ry’ikiraro cyo mu kirere cyubatswe…
Kuwa 09 Kamena 2026, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Bwana Simpenzwe Pascal, yatangije icyumweru cyahariwe…
Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, ari kumwe na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere, Bwana HABANABAKIZE Protais, bakiriye Intumwa ya…
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…