IGIKORWA CYO GUTANGA TELEFONI ZIGEZWEHO

Kuri uyu wa gatanu, tariki ya 13 Werurwe 2020, mu Mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu habaye umuhango wo gutanga tefefone zigezweho(Smart phones) igihumbi(1000). Iki gikorwa ku rwego rw’Akarere ka Nyabihu, cyabereye mu Murenge wa Mukamira, Akagri ka Rubaya, Umudugudu wa Cyivugiza, witabirwa n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga mu Itumanaho na Inovasiyo, Bwana Iradukunda Yves wakiriwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu Mukandayisenga Antoinette; hari kandi Bwana Ndatira Fabrice, umukozi ushinzwe ikoranabuhanga muri MTN, Bwana Ruhinguka Desire, umukozi ushinzwe imenyekanishabikorwa muri MTN, abahagarariye abafatanyabikorwa batandukanye harimo Rwanda Mountain Tea, Ecobank, PWC.

Ibirori byitabiriwe nanone n’abayobozi ndetse n’abakozi ku rwego rw’Akarere, urw’Umurenge n’Utugari, abahagarariye inzego z’umutekano zikorera mu Karere ka Nyabihu.

Twibutse ko iyi gahunda #Connect Rwanda ari gahunda ihuriweho na Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo(MINICT), na MTN Rwanda igamije kuzamura umubare w’abatunze telephone zigezweho (Smart phones) mu Rwanda.

Izi telefoni zagiye zitangwa n’abantu ku giti cyabo n’ibigo bitandukanye bya Leta n’ibyigenga babimburiwe na Nyakubahwa Paul Kagame , Perezida wa Repubulika y’u Rwanda.

Abagenerwabikorwa b’iyi gahunda #Connect Rwanda bakaba ari Abanyarwanda badatunze telephone zigezweho(Smart phones). Izi telephone zizafasha abazihawe gusaba serivise zitandukanye zitangwa hifashishijwe Ikoranabuhanga, ndetse zibafashe no kugera ku makuru atandukanye y’ingenzi mu buzima bwabo bifashishije Ikoranabuhanga.

Nk’impano bahawe rero ibafitiye akamaro basabwe kuzibungabunga no kuzifata neza bazirinda abaziba, birinda kuzigurisha cyangwa kuzangiza.

Abagenerwabikorwa basabwe kwitabira no gukurikirana amahugurwa azabafasha kugira ubumenyi bwo gukoresha izi telefone, ayo mahugurwa azatangira ku wa mbere, tariki ya 16 Werurwe 2020 arangire ku wa gatanu, tariki ya 20 Werurwe 2020, akazabera mu Mirenge batuyemo.


URUBYRUKO 20 BAHAWE IMPAMYABUMENYI Z’IMYUGA

Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…

Read more →

RUGERA: HUZUYE IKIRARO CYO MU KIRERE CYA METERO 95

Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…

Read more →

ABASENATERI BASUZUMYE ITERAMBERE RY’UBWOROZI MU KARERE KA NYABIHU

Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…

Read more →

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka Nyabihu

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…

Read more →

RAMBURA: HIZIHIJWE UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMWARIMU, HAHEMBWA INDASHYIKIRWA

Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…

Read more →

VISI MEYA SIMPENZWE PASCAL YIFATANYIJE N’ABATURAGE MU GUSOZA IBIKORWA BY’UMUSHINGA HEALTH POVERTY ACTION

Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana  SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…

Read more →

U Rwanda rwifatanyije n’Isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga wabereye mu Karere ka Nyabihu

None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…

Read more →

Abayobozi b’Inzego Zitandukanye Bifatanyije n’Abaturage ba Bukinanyana mu Muganda wo Kwimakaza Isuku n’Isukura

Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…

Read more →

Bigogwe: Hasorejwe Ukwezi Kwahariwe Umuryango,Imiryango 10 Isezerana byemewe m'amategeko

Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…

Read more →
-->