IHEREREKANYABUBASHA RYA ECD BASUMBA
Kuri uyu wa kane, tariki ya 13 Werurwe 2025, mu cyumba mberabyombi cya ECD Basumba habereye umuhango w’ihererekanyabubasha rya ECD Basumba yubatswe kandi ikoreshwa n’umufatanyabikorwa Reach the Children in Rwanda(RCR) uhagarariwe na Bwana Musuhukye Benjamin, aho iyi ECD yavaga ku mufatanyabikorwa RCR ikajya mu maboko (ibikorwa) y’Akarere kimwe n’ibindi bigo bya Leta bikorera mu Karere.
Uyu muhango witabiriwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu Mukandayisenga Antoinette, ari na we wakoranye iri hererekanyabubasha n’Umuyobozi wa RCR mu Rwanda.
Hamurikiwe Akarere ibi bikurikira:
Inyubako z’ikigo zigizwe n’ibyumba by’amashuri, ubwiherero, icyumba cy’inama, igikoni n’ibikoresho byo mu gikoni, ikiraro cy’inkoko kirimo inkoko, abakozi b’ikigo, ibikoresho byo mu biro ( Computers, intebe, ameza n’ibindi…amafaranga ari kuri konti z’ikigo, abanyeshuri biga muri iyi ECD n’ibindi.
Muri iki gikorwa hari ibyifuzo byatanzwe n’ubuyobozi bw’iki kigo:
Kubongerera umuriro w’amashanyarazi kuko uhari ari muke ku buryo hari imashini zimwe na zimwe bafite udashobora kwatsa, gukora umuhanda ujyayo utameze neza, kubaka ishuri ribanza ku buryo abana baharangije bajya baryimukiramo batabanje gukora ingendo ndende, amazi ataboneka uko bikwiye..
Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu yashimiye umufatanyabikorwa RCR igikorwa cyiza bakoze ndetse abasaba ko bitahagararira aho bakomeza gufatanya n’Akarere mu gukurikirana iyi ECD ku bijyanye n’imbogamizi zagaragajwe, Umuyobozi yabijeje ko Ubuyobozi bw’Akarere bugiye gukora ibishoboka ngo bikemuke.
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…
None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…
Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…
Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…