RUBAYA: ISOKO RISHYA RY’IMBOGA N’IMBUTO RYITEZWEHO GUTEZA IMBERE UBUCURUZI
Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu Kagari ka Rubaya mu Murenge wa Mukamira. Iri soko rije kongera isuku n’imibereho myiza y’ibicuruzwa, riboneze uburyo bwo kubibika neza no korohereza abacuruzi gukora batabangamiwe n’imiterere y’ikirere.
Muri iki gikorwa cyari kiyobowe n’Umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu, Bwana HABANABAKIZE Jean Claude, yasabye abazakorera muri iri soko kuribungabunga no kuribyaza umusaruro, kugira ngo rizarusheho kubafasha mu iterambere ryabo. Yashimangiye ko imikoreshereze myiza yaryo izagira uruhare mu kuzamura ubucuruzi no guteza imbere abaturage muri rusange.
Umwe mu bacuruzi uzarikoreramo, utashatse ko amazina ye atangazwa, yavuze ko yishimiye iri soko kuko rije gukemura ibibazo bari bafite birimo kunyagirwa n’imvura, kubura aho babika ibicuruzwa ndetse no guhura n’izuba ryangiza umusaruro wabo. Yagaragaje ko iri soko rizafasha kongera umubare w’abacuruzi no guteza imbere imibereho yabo binyuze mu bucuruzi butekanye kandi bunoze.
Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…
Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…
Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…