INAMA YAGUYE Y’UMUTEKANO YATERANYE YIGA KU NGINGO ZITANDUKANYE
kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego zitandukanye zifite uruhare mu kubungabunga umutekano n’iterambere ry’abaturage. Iyi nama yagarutse ku isesengura ry’uko umutekano wifashe muri rusange, hagamijwe gukomeza kuwusigasira no kuwuteza imbere.
Abitabiriye inama baganiriye kandi ku myiteguro yo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bashimangira akamaro ko gutegura ibikorwa by’icyunamo mu ituze n’umutekano usesuye. Hanibanzwe ku bufatanye bw’inzego zitandukanye kugira ngo iki gikorwa kizagende neza kandi kigere ku ntego zo guha icyubahiro abazize Jenoside.
Uretse inzego z’umutekano ku rwego rw’Akarere, inama yanitabiriwe n’Umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu, Umuyobozi w’Ibitaro bya Shyira, Perezida wa IBUKA, ndetse n’Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge n’Utugari. Bose bagaragaje ubushake bwo gukomeza gukorana bya hafi mu guharanira umutekano usesuye no gutegura neza ibikorwa byo kwibuka.
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…
Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…
Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…
Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…
Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…