IMURIKABIKORWA RY’AKARERE KA NYABIHU 2019
Imurikabikorwa ry’Akarere ka Nyabihu, ryatangiye ku itariki ya 11/6/2019, risozwa ku ya 13/6/2019, ryatangijwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu Mukandayisenga Antoinette, aho yasabye abaturage kubyaza umusaruro imurikabikorwa baba begerejwe , baharanira guteza imbere ibikorerwa iwacu ndetse no kuzirikana guhangana n’ikibazo cy’igwingira ry’abana riterwa n’imirire mibi.
Umuyobozi wa JADF Inkingi y’Akarere ka Nyabihu, yavuze ko iri murikabikorwa rifasha abaturage kumurika ibikorwa byabo kandi bakaboneraho inyigisho zitandukanye.
Mu gusoza iri murikabikorwa hatanzwe ubuhamya bw’abantu batandukanye, Umuyobozi wa JADF Inkingi yatanze icyifuzo ko ubuyobozi bw’Akarere bwashyiraho gahunda umwaka utaha hakazaba Expo ikamara nibura icyumweru.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu asoza iri murikabikorwa yasabye abaryitabiriye kwagura ibikorwa byabo, kongerera ubwiza ibyo bakora, kuzamura ibikorerwa imbere mu Gihugu cyane cyane muri Nyabihu. Yasabye kandi abafatanyabikorwa gukomeza gushyigikira gahunda za Leta, kurwanya imirire mibi n’ibindi.
Abitabiriye bahawe Certificates zo kubashimira ibikorwa byabo.
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…
None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…
Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…
Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…