IMURIKABIKORWA RYA ECD BIGOGWE
Kuri uyu wa mbere, tariki ya 23 Kamena 2025, mu rugo mbonezamukirire rw’icyitegererezo rwa Bigogwe (Model ECD&F Bigogwe) ruherereye mu Murenge wa Bigogwe, Akagari ka Kijote, habereye imurikabikorwa . Ni umuhango witabiriwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bigogwe; Bwana Nsengimana Jean Claude ari kumwe n’abakozi bakorera ku rwego rw’Umurenge n’AKarere bafite mu nshingano ibikorerwa muri uru rugo.
Uyu munsi witabiriwe kandi uhagarariye umufatanyabikorwa Reach the Children in Rwanda(RCR), abayobozi b’ibigo nderabuzima byegereye ECD Bigogwe, abarezi, ababyeyi hamwe n’abanyeshuri barangije icyiciro cya gatatu cy’inshuke (Nursery 3).
Hagaragajwe serivisi zitangirwa muri uru rugo mbonezamikurire, harimo abana barangije icyiciro cy’inshuke bitegura kujya mu mashuri abanza. Urugo rw’icyitegererezo cya Basumba rwituye urugo rwa Bigogwe inyana, aho ECD Bigogwe iteganya koroza n’abandi mu myaka itaha.
Mu ijambo ry’uhagarariye Ubuyobozi bw’Akarere, Bwana Niyotwambaza Gervais; umukozi ushinzwe amashuri y’inshuke, abanza n’amasomo y’abakuze, yashimye iyi gahunda yo kugaragaza ibikorwa ashimira ababigizemo uruhare bose, yagarutse kuri serivisi zitangirwa muri uru rugo mbenzamikurire ashishikariza ababyeyi kujyana abana mu marerero no mu mashuri y’inshuke kugira ngo bahabwe serivisi z’ibanze zibategurira kuzavamo abo Igihugu cyacu cyifuza.
Mu gihe cy’Icyumweru cy’Umujyanama cyabaye kuva ku wa 17 kugeza ku wa 19 Kamena 2026, abagize Inama Njyanama basuye ibikorwa bitandukanye mu mirenge…
Mu rwego rwo kwigiranaho ku ngamba zo kwesa Imihigo n’uburyo zishyirwa mu bikorwa, itsinda rigari ry’Akarere ka Nyabihu riyobowe n’Umunyamabanga…
Kuri uyu wa 13 Kamena 2026,Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette,yakiriye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko…
Abaturage bo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu n’abo mu Murenge wa Mugunga muri Gakenke bishimiye irangira ry’ikiraro cyo mu kirere cyubatswe…
Kuwa 09 Kamena 2026, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Bwana Simpenzwe Pascal, yatangije icyumweru cyahariwe…
Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, ari kumwe na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere, Bwana HABANABAKIZE Protais, bakiriye Intumwa ya…
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…