IMURIKABIKORWA RYA ECD BIGOGWE

Kuri uyu wa mbere, tariki ya 23 Kamena 2025, mu rugo mbonezamukirire rw’icyitegererezo rwa Bigogwe (Model ECD&F Bigogwe) ruherereye mu Murenge wa Bigogwe, Akagari ka Kijote, habereye imurikabikorwa . Ni umuhango witabiriwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bigogwe; Bwana Nsengimana Jean Claude ari kumwe n’abakozi bakorera ku rwego rw’Umurenge n’AKarere bafite mu nshingano ibikorerwa muri uru rugo.

Uyu munsi witabiriwe kandi uhagarariye umufatanyabikorwa Reach the Children in Rwanda(RCR), abayobozi b’ibigo nderabuzima byegereye ECD Bigogwe, abarezi, ababyeyi hamwe n’abanyeshuri barangije icyiciro cya gatatu cy’inshuke (Nursery 3).

Hagaragajwe serivisi zitangirwa muri uru rugo mbonezamikurire, harimo abana barangije icyiciro cy’inshuke bitegura kujya mu mashuri abanza. Urugo rw’icyitegererezo cya Basumba rwituye urugo rwa Bigogwe inyana, aho ECD Bigogwe iteganya koroza n’abandi mu myaka  itaha.

Mu ijambo ry’uhagarariye Ubuyobozi bw’Akarere, Bwana Niyotwambaza Gervais; umukozi ushinzwe amashuri y’inshuke, abanza n’amasomo y’abakuze, yashimye iyi gahunda yo kugaragaza ibikorwa  ashimira ababigizemo uruhare bose, yagarutse kuri serivisi zitangirwa muri uru rugo mbenzamikurire ashishikariza ababyeyi kujyana abana mu marerero no mu mashuri y’inshuke kugira ngo bahabwe serivisi z’ibanze zibategurira kuzavamo abo Igihugu cyacu cyifuza. 


URUBYRUKO 20 BAHAWE IMPAMYABUMENYI Z’IMYUGA

Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…

Read more →

RUGERA: HUZUYE IKIRARO CYO MU KIRERE CYA METERO 95

Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…

Read more →

ABASENATERI BASUZUMYE ITERAMBERE RY’UBWOROZI MU KARERE KA NYABIHU

Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…

Read more →

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka Nyabihu

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…

Read more →

RAMBURA: HIZIHIJWE UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMWARIMU, HAHEMBWA INDASHYIKIRWA

Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…

Read more →

VISI MEYA SIMPENZWE PASCAL YIFATANYIJE N’ABATURAGE MU GUSOZA IBIKORWA BY’UMUSHINGA HEALTH POVERTY ACTION

Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana  SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…

Read more →

U Rwanda rwifatanyije n’Isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga wabereye mu Karere ka Nyabihu

None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…

Read more →

Abayobozi b’Inzego Zitandukanye Bifatanyije n’Abaturage ba Bukinanyana mu Muganda wo Kwimakaza Isuku n’Isukura

Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…

Read more →

Bigogwe: Hasorejwe Ukwezi Kwahariwe Umuryango,Imiryango 10 Isezerana byemewe m'amategeko

Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…

Read more →
-->