IMURIKABIKORWA RYA ECD BIGOGWE
Kuri uyu wa mbere, tariki ya 23 Kamena 2025, mu rugo mbonezamukirire rw’icyitegererezo rwa Bigogwe (Model ECD&F Bigogwe) ruherereye mu Murenge wa Bigogwe, Akagari ka Kijote, habereye imurikabikorwa . Ni umuhango witabiriwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bigogwe; Bwana Nsengimana Jean Claude ari kumwe n’abakozi bakorera ku rwego rw’Umurenge n’AKarere bafite mu nshingano ibikorerwa muri uru rugo.
Uyu munsi witabiriwe kandi uhagarariye umufatanyabikorwa Reach the Children in Rwanda(RCR), abayobozi b’ibigo nderabuzima byegereye ECD Bigogwe, abarezi, ababyeyi hamwe n’abanyeshuri barangije icyiciro cya gatatu cy’inshuke (Nursery 3).
Hagaragajwe serivisi zitangirwa muri uru rugo mbonezamikurire, harimo abana barangije icyiciro cy’inshuke bitegura kujya mu mashuri abanza. Urugo rw’icyitegererezo cya Basumba rwituye urugo rwa Bigogwe inyana, aho ECD Bigogwe iteganya koroza n’abandi mu myaka itaha.
Mu ijambo ry’uhagarariye Ubuyobozi bw’Akarere, Bwana Niyotwambaza Gervais; umukozi ushinzwe amashuri y’inshuke, abanza n’amasomo y’abakuze, yashimye iyi gahunda yo kugaragaza ibikorwa ashimira ababigizemo uruhare bose, yagarutse kuri serivisi zitangirwa muri uru rugo mbenzamikurire ashishikariza ababyeyi kujyana abana mu marerero no mu mashuri y’inshuke kugira ngo bahabwe serivisi z’ibanze zibategurira kuzavamo abo Igihugu cyacu cyifuza.
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…
None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…
Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…
Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…