INAMA IGAMIJE GUHUZA AMAKURU AJYANYE N’ABAGIZWEHO INGARUKA N’IBIZA.
Kuri uyu wa kabiri, tariki ya 09 Gicurasi 2023, mu cyumba cy’inama cy’Akarere ka Nyabihu, hateraniye inama ya Command Post y’Akarere ka Nyabihu, yitabirwa na Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Bwana Habitegeko Francois ari kumwe na CP Vianney Nshimiyimana, bakiriwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu Mukandayisenga Antoinette.
Inama yitabiriwe n’Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge igize Akarere, abakozi ku rwego rw’Akarere bakurikirana sites zitandukanye zicumbikiwemo abagizweho ingaruka n’ibiza, abagize Komite Nyobozi y’Akarere, abahagarariye inzego z’umutekano bakorera mu Karere.
Iyi nama yateranye muri gahunda yo kurebera hamwe ibikorwa bimaze kugerwaho ndetse n’ibisigaye gukorwa mu kwita ku miryango yagizweho ingaruka n’ibiza kugira ngo ubuzima bw’abantu bari kuri sites ziherereye mu Mirenge itandukanye burusheho kumera neza.
Nyuma y’inama, aba bayobozi basuye site ya Kibisabo, iherereye mu Murenge wa Rambura, aho bahumurije abaturage babasaba gukomeza kwita ku isuku yabo ndetse babibutsa ko Leta ibazirikana kandi ikomeje gukora ibishoboka byose kugira ngo bakomeze kugira ubuzima bwiza.
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…
None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…
Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…
Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…