INAMA IGAMIJE GUSOBANURA UMUSHINGA TERRAFUND
Kuri uyu wa gatatu, tariki ya 26 Mata 2023, Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu Mukandayisenga Antoinette ari kumwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Bwana Habanabakize Jean Claude bakiriye itsinda riturutse muri WRI( World Resources Institute) riyobowe na Madamu Uzamukunda Assoumpta, aho bagiranye ibiganiro bigamije gusobanura umushinga wa TerraFund; uyu mushinga ukaba uzatera inkunga imiryango itegamiye kuri Leta, amakoperative, SMEs..bazakora imishinga ijyanye no gutera ibiti bivangwa n’imyaka.
Umuyobozi w’Akarere yashimiye aba bashyitsi kuba baratoranyije Akarere ka Nyabihu, kugira ngo abe ariho uyu mushinga uzakorera, abizeza ko Akarere ka Nyabihu kazafata umwanya uhagije wo gushishishikariza abafatanyabikorwa b’umushinga kugaragaza imishinga isabirwa inkunga ku buryo bizakorwa bitarenze ku itariki ya 05 Gicurasi 2023 no kuzakurikirana imishinga izaba yashoboye gutera inkunga.
Ibi biganiro kandi byitabiriwe n’umuyobozi w’ishami rishinzwe guteza imbere ishoramari n’umurimo, umukozi ushinzwe amashyamba, umunyamabanga wa JADF hamwe n’umukozi ushinzwe amakoperative na SMEs mu Karere.
Mu gihe cy’Icyumweru cy’Umujyanama cyabaye kuva ku wa 17 kugeza ku wa 19 Kamena 2026, abagize Inama Njyanama basuye ibikorwa bitandukanye mu mirenge…
Mu rwego rwo kwigiranaho ku ngamba zo kwesa Imihigo n’uburyo zishyirwa mu bikorwa, itsinda rigari ry’Akarere ka Nyabihu riyobowe n’Umunyamabanga…
Kuri uyu wa 13 Kamena 2026,Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette,yakiriye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko…
Abaturage bo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu n’abo mu Murenge wa Mugunga muri Gakenke bishimiye irangira ry’ikiraro cyo mu kirere cyubatswe…
Kuwa 09 Kamena 2026, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Bwana Simpenzwe Pascal, yatangije icyumweru cyahariwe…
Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, ari kumwe na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere, Bwana HABANABAKIZE Protais, bakiriye Intumwa ya…
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…