INAMA IGAMIJE GUSOBANURA UMUSHINGA TERRAFUND
Kuri uyu wa gatatu, tariki ya 26 Mata 2023, Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu Mukandayisenga Antoinette ari kumwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Bwana Habanabakize Jean Claude bakiriye itsinda riturutse muri WRI( World Resources Institute) riyobowe na Madamu Uzamukunda Assoumpta, aho bagiranye ibiganiro bigamije gusobanura umushinga wa TerraFund; uyu mushinga ukaba uzatera inkunga imiryango itegamiye kuri Leta, amakoperative, SMEs..bazakora imishinga ijyanye no gutera ibiti bivangwa n’imyaka.
Umuyobozi w’Akarere yashimiye aba bashyitsi kuba baratoranyije Akarere ka Nyabihu, kugira ngo abe ariho uyu mushinga uzakorera, abizeza ko Akarere ka Nyabihu kazafata umwanya uhagije wo gushishishikariza abafatanyabikorwa b’umushinga kugaragaza imishinga isabirwa inkunga ku buryo bizakorwa bitarenze ku itariki ya 05 Gicurasi 2023 no kuzakurikirana imishinga izaba yashoboye gutera inkunga.
Ibi biganiro kandi byitabiriwe n’umuyobozi w’ishami rishinzwe guteza imbere ishoramari n’umurimo, umukozi ushinzwe amashyamba, umunyamabanga wa JADF hamwe n’umukozi ushinzwe amakoperative na SMEs mu Karere.
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…
None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…
Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…
Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…