INAMA IHUZA UBUYOBOZI BW’AKARERE N’ABAYOBORA IBIROMBE BYA KARIYERI
Ku wa gatatu , tariki ya 16 Nyakanga 2025, mu cyumba mberabyombi cy’Akarere habereye inama yahuje Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu n’abayobora ibirombe bya kariyeri, igamije gusobanurira abikorera (abayobora ibirombe bya kariyeri) uburyo bushya bwo gutanga amahoro ku bukode bw’ibirombe ndetse no kubasobanurira amategeko ajyanye no kurengera ibidukikije. Inama yayobowe n’Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Bwana Habanabakize Jean Claude.
Inama yibanze ku gusobanukirwa amabwiriza agenga kariyeri, aho abitabiriye inama bongeye kwibutswa amategeko n’ibihano bijyanye n’imicungire ya Mine na Kariyeri, basabwe kandi kujya batangira abakozi babo ubwisungane, gutanga Ejo Heza, kugira uruhare mu iterambere ry’aho bakorera, kwishyura ku gihe imisoro ndetse no kwirinda amakimbirane hagati yabo.
Abitabiriye inama basobanuriwe uburyo bushya abashoramari bazajya bishyuramo amafaranga yo gukodesha umutungo wa Leta, aho umugenzuzi w’imisoro n’amahoro mu Karere yagaragaje amafaranga yari ateganyijwe kwishyura mu birombe, ayishyuwe ndetse n’atarishyurwa mu birombe. Kuri iyi ngingo, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu yasabye abitabiriye inama ko umuntu utarishyura imisoro y’umwaka 2024-2025, ko bitarenze ku itariki ya 23/7/2025 yaba barangije kwishyura.
Basobanuriwe nanone uburyo bushya, aho hazajya hishyurwa amahoro agendanye n’uburyo umutu yakoze cyane ko byari byaragaragaye ko hari igihe umuntu atanga amafaranga kandi bikarangira adakoze, bityo ubu buryo bushya buzakemura iki kibazo kandi n’Akarere kagire impinduka ku mafaranga kinjiza.
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…
None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…
Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…
Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…