INAMA KURI EJO HEZA
Kuri uyu wa kane, tariki ya 11 Kanama 2022, mu cyumba cy’inama cy’Akarere ka Nyabihu, habereye inama igamije kwigira hamwe uburyo bwo gufata ingamba hagamijwe kongera ubwizigame n’umubare w’abizigamira muri Ejo Heza, iyoborwa n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu Mukandayisenga Antoinette ari kumwe n’Umuhuzabikorwa wa Ejo Heza ku rwego rw’Intara y’Uburengerazuba, Bwana Kayumba Bernard n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyabihu, Bwana Nsabimana Cyprien.
Iyi nama yatumiwemo, umuyobozi wa BDE mu Karere, umuhuzabikorwa wa Ejo Heza mu Karere ka Nyabihu, abahagarariye inzego z’umutakano, abakozi bo mu ishami rya BDE, abakozi bakorera ku rwego rw’Imirenge bakurikirana gahunda ya Ejo Heza.
Muri iyi nama hafashwe imyanzuro itandukanye;
Abitabiriye inama bishimiye ko Akarere kaje mu myanya ya mbere 10 , mu kwesa umuhigo wa Ejo Heza,
Abitabiriye inama biyemeje ko bagiye gukora ubukangurambaga ku buryo uyu mwaka w’ingengo y’imari wa 2022-2023, Akarere kazaza mu myanya 5 ya mbere kandi ubwizigame bukazagerwaho nibura kuri Miliyoni 500.
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…
None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…
Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…
Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…