INAMA NGARUKAMWAKA Y’IHURIRO RY’UBUMWE N’UBUDAHERANWA YABEREYE MURI CODING ACADEMY
Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 24 Ukwakira 2025, mu ishuri rya Coding Academy riherereye mu Murenge wa Mukamira, Akarere ka Nyabihu, habereye Inama Ngarukamwaka y’Ihuriro ry’Ubumwe n’Ubudaheranwa, ifite insanganyamatsiko igira iti: “Twimakaze Ubumwe n’Ubudaheranwa.”
Iri huriro ryitabiriwe n’abayobozi batandukanye bahagarariye inzego zinyuranye, rigamije gushimangira indangagaciro z’ubumwe, ubudaheranwa n’ubunyarwanda mu baturage.
Inama yatangijwe ku mugaragaro n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madame MUKANDAYISENGA Antoinnette, wasabye abitabiriye kurushaho kwimakaza indangagaciro zifatanya Abanyarwanda, no gukomeza guharanira iterambere rishingiye ku bumwe.
Abitabiriye bagiranye ikiganiro cyimbitse cyagarutse ku ndangagaciro na kirazira by’ubumwe n’ubudaheranwa, banagaragaza zimwe mu nzitizi zikibubangamira n’uburyo bwo kuzikuraho binyuze mu bufatanye n’ubwigirane.
Umushyitsi mukuru w’iri huriro yari Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Nyabihu, Bwana HABANABAKIZE Portais, washimye uko Ihuriro rikomeje kugira uruhare mu kubaka sosiyete yunze ubumwe kandi ifite ubushobozi bwo guhangana n’ibibazo.
Iri huriro ryasojwe risaba buri wese gukomeza kuba intangarugero mu kwimakaza ubumwe, ubudaheranwa n’indangagaciro zubaka igihugu n’ubumwe bw’Afurika.
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…
kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…
Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…
Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…
Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…
Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…