INAMA NGARUKAMWAKA Y’IHURIRO RY’UBUMWE N’UBUDAHERANWA YABEREYE MURI CODING ACADEMY
Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 24 Ukwakira 2025, mu ishuri rya Coding Academy riherereye mu Murenge wa Mukamira, Akarere ka Nyabihu, habereye Inama Ngarukamwaka y’Ihuriro ry’Ubumwe n’Ubudaheranwa, ifite insanganyamatsiko igira iti: “Twimakaze Ubumwe n’Ubudaheranwa.”
Iri huriro ryitabiriwe n’abayobozi batandukanye bahagarariye inzego zinyuranye, rigamije gushimangira indangagaciro z’ubumwe, ubudaheranwa n’ubunyarwanda mu baturage.
Inama yatangijwe ku mugaragaro n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madame MUKANDAYISENGA Antoinnette, wasabye abitabiriye kurushaho kwimakaza indangagaciro zifatanya Abanyarwanda, no gukomeza guharanira iterambere rishingiye ku bumwe.
Abitabiriye bagiranye ikiganiro cyimbitse cyagarutse ku ndangagaciro na kirazira by’ubumwe n’ubudaheranwa, banagaragaza zimwe mu nzitizi zikibubangamira n’uburyo bwo kuzikuraho binyuze mu bufatanye n’ubwigirane.
Umushyitsi mukuru w’iri huriro yari Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Nyabihu, Bwana HABANABAKIZE Portais, washimye uko Ihuriro rikomeje kugira uruhare mu kubaka sosiyete yunze ubumwe kandi ifite ubushobozi bwo guhangana n’ibibazo.
Iri huriro ryasojwe risaba buri wese gukomeza kuba intangarugero mu kwimakaza ubumwe, ubudaheranwa n’indangagaciro zubaka igihugu n’ubumwe bw’Afurika.




Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…
None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…
Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…
Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…