INAMA N’UMUFATANYABIKORWA
Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu Mukandayisenga Antoinette ari kumwe n’Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Bwana Habanabakize Jean Claude, kuri uyu wa mbere, tariki ya 04 Werurwe 2024, bakiriye itsinda riturutse mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku biribwa ku isi ( PAM/ WFP) riyobowe na Madamu Nyirimpeta Solange, bagirana ikiganiro cyibanze mu gusobanura umushinga ‘’Shora neza’’ uterwa inkunga na Mastercard Foundation uzashyirwa mu bikorwa na DUHAMIC ADRI.
Uyu mushinga uzaba ugamije gukorana n’urubyiruko ruri hagati y’imyaka 18 na 35 cyane cyane ab’igitsina gore bakora ibikorwa bijyanye no guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi mu gihe cy’imyaka itatu(3).
Umushinga uzibanda ku bikorwa bikubiye mu nkingi eshatu, ari zo; Guhuza urubyiruko n’isoko ry’umusaruro uva mu buhinzi n’ubworozi, gufata neza umusaruro no guhuza abafatanyabikorwa b’umushinga n’ibigo by’imari.
Ubuyobozi bw’Akarere n’izi ntumwa za WFP bemeranyije gahunda y’ibikorwa by’umushinga mu Karere ka Nyabihu, aho abatekinisiye( Technicians) ku rwego rw’Umurenge, urubyiruko rufite imishinga yavuzwe haruguru ruzasurwa kugira ngo ruganirizwe,rusobanukirwe, runinjizwe muri gahunda y’ibikorwa by’umushinga.
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…
kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…
Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…
Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…
Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…
Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…