INAMA Y’IGIHEMBWE CYA KANE YA KOMITE ISHINZWE IMICUNGIRE Y’IMISHINGA.

Mu cyumba cy’inama cy’Akarere ka Nyabihu, kuri uyu wa mbere, tariki ya 09 Kamena 2025, habereye inama y’igihembwe cya kane  cya Komite ishinzwe imicungire y’imishinga mu Karere(DPMC)  ku mushinga wa Volcanoes Community Resilience Project(VCRP), mu mwaka wa 2024-2025, iyobowe n’Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Bwana Habanabakize  Jean Claude. Iyi nama kandi yitabiriwe n’abakozi ku rwego rw’Akarere, abakozi baturutse mu Mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, abakozi b’umushinga VCRP.

Abitabiriye iyi nama barebeye hamwe ishusho y’aho umushinga ugeze ushyirwa mu bikorwa, yemeje ibyavuye mu igenamigambi ryavuye ku rwego rw’Umudugudu (VLUAPs) batch2, barebeye hamwe kandi ingengo y’imari Ikigo cy’Igihugu gishinzwe amazi( Rwanda Water Resources Board (RWB) n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe umutungo kamere(REMA) bageneye Akarere mu ngengo y’imari y’umwaka 2025-2026.

Muri rusange inama yasanze imirimo iri kugenda neza, Umuyobozi yashimiye abafatanyabikorwa babigiramo uruhare; mu gukora amaterasi ndinganire basanze ibikorwa bigeze kuri 56.25%(45/80), mu kubaka ibigega bifata amazi, hamaze kubakwa ibigega 30 kuri 60 biteganywa kubakwa. Mu kwemeza ibyavuye mu igenamigambi ryakozwe ku rwegorw’Umudugudu( VLUAPS) batch2, inama yemeje ibikorwa byose byavuye mu Midugudu 15 yo mu Mirenge ya Karago na Kintobo.

Ku bijyanye n’ingengo y’imari abafatanyabikorwa bohereje ku Karere, inama yasabye abakozi b’umushinga gufatanya n’ishami ry’igenamigambi mu Karere  kureba ko amafaranga yabyo yimukanwa mu mwaka w’ingengo y’imari utaha wa 2025-2026. 


URUBYRUKO 20 BAHAWE IMPAMYABUMENYI Z’IMYUGA

Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…

Read more →

RUGERA: HUZUYE IKIRARO CYO MU KIRERE CYA METERO 95

Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…

Read more →

ABASENATERI BASUZUMYE ITERAMBERE RY’UBWOROZI MU KARERE KA NYABIHU

Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…

Read more →

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka Nyabihu

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…

Read more →

RAMBURA: HIZIHIJWE UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMWARIMU, HAHEMBWA INDASHYIKIRWA

Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…

Read more →

VISI MEYA SIMPENZWE PASCAL YIFATANYIJE N’ABATURAGE MU GUSOZA IBIKORWA BY’UMUSHINGA HEALTH POVERTY ACTION

Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana  SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…

Read more →

U Rwanda rwifatanyije n’Isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga wabereye mu Karere ka Nyabihu

None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…

Read more →

Abayobozi b’Inzego Zitandukanye Bifatanyije n’Abaturage ba Bukinanyana mu Muganda wo Kwimakaza Isuku n’Isukura

Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…

Read more →

Bigogwe: Hasorejwe Ukwezi Kwahariwe Umuryango,Imiryango 10 Isezerana byemewe m'amategeko

Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…

Read more →
-->