INAMA Y’INAMA NJYANAMA Y’AKARERE
Kuri uyu wa kane, tariki ya 15 Gashyantare 2024, mu cyumba cy’inama cya Guest house ya Mukamira, iherereye mu Murenge wa Mukamira, Akarere ka Nyabihu, hateraniye inama isanzwe y’Inama Njyanama y’Akarere ka Nyabihu, iyobowe na Perezida wayo, Bwana Habanabakize Protais.
Iyi nama y’Inama Njyanama y’Akarere yatumiwemo abagize komite nyobozi y’Akarere, abahagarariye inzego z’umutekano, abayobozi b’amashami mu Karere, abakozi ku rwego rw’Akarere…
Inama yize ku ngingo zitandukanye harimo; gusoma no kwemeza inyandikomvugo y’inama isanzwe yateranye ku itariki ya 13 Ugushyingo 2023 n’iy’inama idasanzwe yateranye ku wa 29 Ukuboza 2023.
Abitabiriye inama basuzumye imbanzirizamushinga y’ingengo y’imari ivuguruye y’Akarere, mu mwaka wa 2023-2024, gusuzuma gahunda ivuguruye y’itangwa ry’amasoko ya Leta mu Karere, umwaka wa 2023-2024, gusesengura no kwemeza urutonde rw’abaturage bagomba kwimurwa ku mpamvu z’inyungu rusange, raporo y’ibikorwa bya komite nyobozi y’Akarere mu gihe cy’amezi atandatu, raporo y’ibikorwa by’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere mu gihe cy’amezi atandatu.
Abagize Inama Njyanama y’Akarere bemeje inyandikomvugo z’inama zabaye, bemeje kandi imbanzirizamushinga y’ingengo y’imari ivuguruye na gahunda ivuguruye y’itangwa ry’amasoko mu mwaka wa 2023-2024.
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…
None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…
Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…
Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…