Inama y’urubyiruko rw’abakorerabushake.

Mu Karere ka Nyabihu, Kuri uyu wa mbere, tariki ya 29/01/2018, mu cyumba cy’inama cy’Akarere habereye inteko rusange y’urubyiruko rw’abakorerabushake (Youth volunteers in community policing, YVCP) mu kurwanya no gukumira ibyaha; iyobowe n’ umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, UWANZWENUWE Théoneste. Iyo nama yize kandi ifata imyanzuro ku ngingo nyinshi zitandukanye; Uruhare rwa YVCP mu kubaka u Rwanda twifuza, Kwibukiranya indangagaciro za YVCP, Kurwanya no gukumira ibyaha, Gahunda yo kurwanya imirire mibi n’isuku nke bigaragara mu Karere ka Nyabihu, Urahare rwa YVCP mu gufasha urubyiruko ruri ku rugerero, Kugira uruhare ku munsi mukuru w’Intwari uzaba ku ya 01/02/2018, Gukomeza kongera abanyamuryango ba YVCP . Nyuma y’inama hafashwe imyanzuro ikurikira ; Gukora screening ku bantu bakoresha ibiyobyabwenge, ingo zibana mu makimbirane ndetse n’abana bataye ishuri. Gukomeza gushyira imbaraga mu kurwanya imirire mibi ndetse n’isuku nke bigaragara mu miryango imwe n’imwe aho urubyiruko rwatwaye urutonde rw’imiryango 400 yagaragayemo abana bafite imikurire mibi izubakirwa uturima tw’igikoni mu rwego rwo kurwanya imirire mibi. Gukomeza gukorana bya hafi n’intore ziri ku rugerero kugira ngo zese mihigo zahize. Gukomeza ubukangurambaga mu gukumira ibyaha bikurukira ; Ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge Kurwanya ruswa, akarengane n’icuruzwa ry’abantu Iyo nama yitabiriwe na ; NDAYISABA Peter (Commissionner of legal affairs at national level) BUNEZERO Jean Baptiste (Coordinator of YV Nyabihu) MURWANASHYAKA Bosco (Umukozi ushinzwe urubyiruko, umuco na sports mu Karere) BYUKUSENGE Jacqueline (Umutahira w’Akarere) IP MINANI Alexandre (DCLO) Lt. Maurice BIGIRIMANA (S9th infBN) MICOMYIZA Herman (Umuyobozi w’urugaga rw’urubyiruko rushamikiye kuri FPR Inkotanyi. Inama ikaba yitabiriwe n’abanyamuryango 246 bahagarariye abandi.

ICYUMWERU CY’UMUJYANAMA, UMWANYA WO KWEGERA ABATURAGE

Mu gihe cy’Icyumweru cy’Umujyanama cyabaye kuva ku wa 17 kugeza ku wa 19 Kamena 2026, abagize Inama Njyanama basuye ibikorwa bitandukanye mu mirenge…

Read more →

URUGENDO SHURI KU KWESA IMIHIGO MU KARERE KA NGOMA

Mu rwego rwo kwigiranaho ku ngamba zo kwesa Imihigo n’uburyo zishyirwa mu bikorwa, itsinda rigari ry’Akarere ka Nyabihu riyobowe n’Umunyamabanga…

Read more →

NYABIHU: HATERANIYE INTEKO RUSANGE YA 28 Y’INAMA Y’IGIHUGU Y’URUBYIRUKO

Kuri uyu wa 13 Kamena 2026,Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette,yakiriye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko…

Read more →

IKIRARO CYO MU KIRERE CYA SHYIRA, CYATEJE IMBERE IMIGENDERANIRE N’UBUHAHIRANE

Abaturage bo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu n’abo mu Murenge wa Mugunga muri Gakenke bishimiye irangira ry’ikiraro cyo mu kirere cyubatswe…

Read more →

UBUKANGURAMBAGA KU GUKUMIRA NO KURWANYA IMIRIRE MIBI N’IGWINGIRA MU BANA BATO

Kuwa 09 Kamena 2026, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Bwana Simpenzwe Pascal, yatangije icyumweru cyahariwe…

Read more →

TRANSPARENCY INTERNATIONAL RWANDA MU NAMA KU IGENAMIGAMBI N’IMITANGIRE YA SERIVISI

Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, ari kumwe na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere, Bwana HABANABAKIZE Protais, bakiriye Intumwa ya…

Read more →

URUZINDUKA RWA MINISITIRI W’IBIKORWA BY’UBUTABAZI MU KARERE KA NYABIHU

Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…

Read more →

KWIBUKA32: AKARERE KA NYABIHU KASHYINGUYE MU CYUBAHIRO IMIBIRI 6 Y’ABAZIZE JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI

Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…

Read more →

ABASIRIKARE BIGA MU ISHURI RYA NYAKINAMA BASUYE IBIKORWA BYA BYAKOZWE N'UMUSHINGA WA SEBEYA

Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…

Read more →
-->