INTEKO RUSANGE IDASANZWE YA JADF

Ku wa gatatu, tariki ya 14/3/2018, mu cyumba cy’inama cya Guest house ya Mukamira iherereye mu Murenge wa Mukamira, mu Karere ka Nyabihu, habereye inama y’inteko rusange ya JADF idasanzwe. Inama yatumiwemo aba bakurikira: Abafatanyabikorwa bose bakorera mu Karere ka Nyabihu Umuyobozi w’Inama Njyanama y’Akarere Abagize Komite Nyobozi y’Akarere Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere Abayobozi b’amashami mu Karere Abagize komite y’impuzamatorero n’amadini Inama yabanjirijwe n’ikiganiro cyatanzwe n’umukozi w’umushinga Hortlnvest/SNV wagize uruhare kandi ugatera inkunga iyi nama. Uyu mukozi yagaragaje ibikorwa bateganya bijyanye no giteza imbere ubuhinzi bw’imboga n’imbuto. Nyuma yo gusesengura uyu mushinga hatanzwe inama ndetse hafatwa gahunda yo kunonosora ibizakenerwa muri uyu mushinga. Ku bijanye n’imihigo y’Akarere, muri rusange inama y’inteko rusange ya JADF yabaye mu buryo bwo gusubiza ibyifuzo by’abafatanyabikorwa ku bijyanye no kugira uruhare n’ubufatanye mu kwesa imihigo y’Akarere y’umwaka wa 2017-2018. Muri rusange imihigo yasuzumwe umuhigo ku wundi harebwa cyane cyane imihigo ikiri inyuma, ibibazo yaba ifite ndetse no gushakira hamwe uko yazamuka. Abitabiriye inama basanze hari imihigo ikeneye gushyirwamo ingufu ikiri inyuma, abafatanyabikorwa bizeza abari bitabiriye inama ko bagiye gushyiramo imbaraga. Umuyobozi yasobanuye ko abafatanyabikorwa bakwiye kurushaho kunoza ibikorwa byabo bikaba byafasha neza kugera ku ntego, asaba ko bagaragaza neza mu buryo busobanutse ibyo bizafasha mu kwesa imihigo y’Akarere.

URUBYRUKO 20 BAHAWE IMPAMYABUMENYI Z’IMYUGA

Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…

Read more →

RUGERA: HUZUYE IKIRARO CYO MU KIRERE CYA METERO 95

Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…

Read more →

ABASENATERI BASUZUMYE ITERAMBERE RY’UBWOROZI MU KARERE KA NYABIHU

Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…

Read more →

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka Nyabihu

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…

Read more →

RAMBURA: HIZIHIJWE UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMWARIMU, HAHEMBWA INDASHYIKIRWA

Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…

Read more →

VISI MEYA SIMPENZWE PASCAL YIFATANYIJE N’ABATURAGE MU GUSOZA IBIKORWA BY’UMUSHINGA HEALTH POVERTY ACTION

Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana  SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…

Read more →

U Rwanda rwifatanyije n’Isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga wabereye mu Karere ka Nyabihu

None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…

Read more →

Abayobozi b’Inzego Zitandukanye Bifatanyije n’Abaturage ba Bukinanyana mu Muganda wo Kwimakaza Isuku n’Isukura

Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…

Read more →

Bigogwe: Hasorejwe Ukwezi Kwahariwe Umuryango,Imiryango 10 Isezerana byemewe m'amategeko

Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…

Read more →
-->