INTEKO RUSANGE YA JADF INKINGI/ Nyabihu
Inteko rusange ya JADF Inkingi/ Nyabihu yateraniye mu cyumba cy’inama cy’Akarere ka Nyabihu, abayitabiriye baganira ku ngingo zitandukanye, ari zo : kurebera hamwe ibyagezweho mu mwaka w’ingengo y’imari 2021-2022, gusuzumira hamwe ibibazo bibangamiye abaturage (HIS) no kubishakira ibisubizo, kuvugurura Komite mpuzabikorwa ya JADF Inkingi/ Nyabihu.
Muri rusange, abitabiriye inteko bishimiye ibyagezweho ku bufatanye, hafatwa ingamba zo kurushaho kunoza ubufatanye hagamijwe iterambere rirambye.
Muri iyi nteko rusange hatowe Komite mpuzabikorwa nshya ya JADF Inkingi Nyabihu izayobora mu myaka ibiri iri imbere,
Umuyobozi wungirije w’Inama Njyanama y’Akarere ka Nyabihu, Bwana Ngororano Damien asoza inteko rusange yashimiye uburyo yateguwe n’icyerekezo gihawe JADF Inkingi Nyabihu, ndetse hashingiye ku ntumbero n’umurongo dukesha Nyakubahwa Perezida wa Repubulika cyane cyane mu gushakira umuti ibibazo bibangamiye imibereho myiza y’abaturage.
Uyu muyobozi kandi yakomoje ku bufatanye, agaragaza ko nta cyakorwa neza hatari ubumwe bw’abafatanyabikorwa, yasabye ubuyobozi bw’Akarere gushyira imbaraga mu kurwanya igwingira n’imirire mibi, bigacika burundu; yashimiye cyane intambwe yatewe aho Akarere ka Nyabihu karwanyije imirire mibi n’igwigira by’abana bato, aho kavuye kuri 59%, ubu kakaba kageze kuri 33%, akomeza asaba ko ariko hatagomba kubaho kwirara.
Yasabye ko ubufatanye bugomba kugaragara mu nzego zose ndetse no mu madini, ko ibikorwa byo guhugura abaturage bikwiye kwitabwaho, kuzamura imyumbvire y’abaturage, bigomba kwibandwaho kandi ko iyo hari ubufatanye, byose bishoboka.
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…
None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…
Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…
Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…