INTEKO RUSANGE YA JADF INKINGI/ Nyabihu
Inteko rusange ya JADF Inkingi/ Nyabihu yateraniye mu cyumba cy’inama cy’Akarere ka Nyabihu, abayitabiriye baganira ku ngingo zitandukanye, ari zo : kurebera hamwe ibyagezweho mu mwaka w’ingengo y’imari 2021-2022, gusuzumira hamwe ibibazo bibangamiye abaturage (HIS) no kubishakira ibisubizo, kuvugurura Komite mpuzabikorwa ya JADF Inkingi/ Nyabihu.
Muri rusange, abitabiriye inteko bishimiye ibyagezweho ku bufatanye, hafatwa ingamba zo kurushaho kunoza ubufatanye hagamijwe iterambere rirambye.
Muri iyi nteko rusange hatowe Komite mpuzabikorwa nshya ya JADF Inkingi Nyabihu izayobora mu myaka ibiri iri imbere,
Umuyobozi wungirije w’Inama Njyanama y’Akarere ka Nyabihu, Bwana Ngororano Damien asoza inteko rusange yashimiye uburyo yateguwe n’icyerekezo gihawe JADF Inkingi Nyabihu, ndetse hashingiye ku ntumbero n’umurongo dukesha Nyakubahwa Perezida wa Repubulika cyane cyane mu gushakira umuti ibibazo bibangamiye imibereho myiza y’abaturage.
Uyu muyobozi kandi yakomoje ku bufatanye, agaragaza ko nta cyakorwa neza hatari ubumwe bw’abafatanyabikorwa, yasabye ubuyobozi bw’Akarere gushyira imbaraga mu kurwanya igwingira n’imirire mibi, bigacika burundu; yashimiye cyane intambwe yatewe aho Akarere ka Nyabihu karwanyije imirire mibi n’igwigira by’abana bato, aho kavuye kuri 59%, ubu kakaba kageze kuri 33%, akomeza asaba ko ariko hatagomba kubaho kwirara.
Yasabye ko ubufatanye bugomba kugaragara mu nzego zose ndetse no mu madini, ko ibikorwa byo guhugura abaturage bikwiye kwitabwaho, kuzamura imyumbvire y’abaturage, bigomba kwibandwaho kandi ko iyo hari ubufatanye, byose bishoboka.
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…
kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…
Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…
Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…
Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…
Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…