Minisitiri HABIMANA Dominique yifatanyije na Nyabihu mu Muganda usoza Ukwakira 2025

Ku wa 25 Ukwakira 2025, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu akaba n’Imboni ya Guverinoma mu Karere ka Nyabihu, Bwana HABIMANA Dominique, yifatanyije n’Ubuyobozi bw’Akarere, Inzego z’Umutekano ndetse n’Abaturage b’Akagari ka Nyarutembe mu Murenge wa Rugera, mu muganda rusange usoza ukwezi.

Uyu muganda wari ugamije guteza imbere ibikorwa by’iterambere n’ibidukikije, aho hatewe ibiti 8,500 bivangwa n’imyaka ku buso bungana na hegitari 2. Ni igikorwa cyashimangiye gahunda y’igihugu yo kurengera ibidukikije no guteza imbere ubworozi n’ubuhinzi burambye, hagamijwe kongera umusaruro n’imibereho myiza y’abaturage.

Insanganyamatsiko y’iki gikorwa yagiraga iti: “Igiti cyanjye, umurage wanjye.”

Nyuma y’umuganda, Minisitiri HABIMANA Dominique yagiranye ikiganiro kirambuye n’abaturage, yibutsa akamaro ko kwitabira gahunda za Leta zose zibafasha mu buzima bwa buri munsi. Yagarutse ku ngingo z’ingenzi zirimo:

  • Gukomeza kwimakaza isuku mu ngo no mu midugudu
  • Gukaza ingamba zumutekano, cyane cyane mu kurwanya inzoga z’inkorano zishobora guhungabanya ubuzima n’umutekano
  • Indangamuntu y’ikoranabuhanga izahabwa abaturage mu rwego rwo kunoza serivisi no koroshya imikorere ya Leta.

Minisitiri yashimiye abaturage uburyo bitabira umuganda n’izindi gahunda z’igihugu, abasaba gukomereza aho no kuba ku isonga mu kubungabunga umutekano n’ibikorwa remezo byagezweho.

Abaturage nabo bashimiye Guverinoma uburyo ikomeje kubashyigikira mu iterambere ry’ubuzima bwabo n’imibereho myiza, biyemeza gukomeza gufatanya mu bikorwa byose bigamije guteza imbere Akarere ka Nyabihu n’igihugu muri rusange.


URUBYRUKO 20 BAHAWE IMPAMYABUMENYI Z’IMYUGA

Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…

Read more →

RUGERA: HUZUYE IKIRARO CYO MU KIRERE CYA METERO 95

Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…

Read more →

ABASENATERI BASUZUMYE ITERAMBERE RY’UBWOROZI MU KARERE KA NYABIHU

Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…

Read more →

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka Nyabihu

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…

Read more →

RAMBURA: HIZIHIJWE UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMWARIMU, HAHEMBWA INDASHYIKIRWA

Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…

Read more →

VISI MEYA SIMPENZWE PASCAL YIFATANYIJE N’ABATURAGE MU GUSOZA IBIKORWA BY’UMUSHINGA HEALTH POVERTY ACTION

Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana  SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…

Read more →

U Rwanda rwifatanyije n’Isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga wabereye mu Karere ka Nyabihu

None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…

Read more →

Abayobozi b’Inzego Zitandukanye Bifatanyije n’Abaturage ba Bukinanyana mu Muganda wo Kwimakaza Isuku n’Isukura

Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…

Read more →

Bigogwe: Hasorejwe Ukwezi Kwahariwe Umuryango,Imiryango 10 Isezerana byemewe m'amategeko

Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…

Read more →
-->