Minisitiri HABIMANA Dominique yifatanyije na Nyabihu mu Muganda usoza Ukwakira 2025
Ku wa 25 Ukwakira 2025, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu akaba n’Imboni ya Guverinoma mu Karere ka Nyabihu, Bwana HABIMANA Dominique, yifatanyije n’Ubuyobozi bw’Akarere, Inzego z’Umutekano ndetse n’Abaturage b’Akagari ka Nyarutembe mu Murenge wa Rugera, mu muganda rusange usoza ukwezi.
Uyu muganda wari ugamije guteza imbere ibikorwa by’iterambere n’ibidukikije, aho hatewe ibiti 8,500 bivangwa n’imyaka ku buso bungana na hegitari 2. Ni igikorwa cyashimangiye gahunda y’igihugu yo kurengera ibidukikije no guteza imbere ubworozi n’ubuhinzi burambye, hagamijwe kongera umusaruro n’imibereho myiza y’abaturage.
Insanganyamatsiko y’iki gikorwa yagiraga iti: “Igiti cyanjye, umurage wanjye.”
Nyuma y’umuganda, Minisitiri HABIMANA Dominique yagiranye ikiganiro kirambuye n’abaturage, yibutsa akamaro ko kwitabira gahunda za Leta zose zibafasha mu buzima bwa buri munsi. Yagarutse ku ngingo z’ingenzi zirimo:
Minisitiri yashimiye abaturage uburyo bitabira umuganda n’izindi gahunda z’igihugu, abasaba gukomereza aho no kuba ku isonga mu kubungabunga umutekano n’ibikorwa remezo byagezweho.
Abaturage nabo bashimiye Guverinoma uburyo ikomeje kubashyigikira mu iterambere ry’ubuzima bwabo n’imibereho myiza, biyemeza gukomeza gufatanya mu bikorwa byose bigamije guteza imbere Akarere ka Nyabihu n’igihugu muri rusange.



Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…
None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…
Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…
Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…