MINISITIRI W’UBUTABERA YITABIRIYE UMUGANDA NGARUKAKWEZI NO GUSOZA ICYUMWERU CY ’’UMURIRI W’UBUTABERA’’

Umuganda ngarukakwezi wo ku wa 28 Nyakanga 2018, ku rwego rw’Akarere ka Nyabihu, wabereye mu Murenge wa Shyira, Akagari ka Kanyamitana, Umudugudu wa Kazirankara. Uyu muganda witabiriwe na Minisitiri w’Ubutabera, Bwana BUSINGYE Johnston, akaba yari we mushyitsi mukuru; akaba yari aherekejwe n’ uhagarariye Igihugu cya Suwedi mu Rwanda n’abandi bayobozi batandukanye ku rwego rw’Igihugu. Muri uwo muganda hakozwe igikorwa cyo guharura umuhanda uva ku Mudugudu wa Kazirankara ujya ku kigo cy’amashuri ya Kaburamba. Nyuma y’umuganda umuyobozi w’Akarere, Madamu MUKANDAYISENGA Antoinette, yagejeje ku baturage bitabiriye umuganda ubutumwa bwateguwe bujyanye n’icyo igikorwa. Kuri uyu munsi kandi nyuma y’umuganda hakomeje igikorwa cy’’Umuriri w’Ubutabera’’(Caravane juridique), kigamije gusobanurira abaturage amategeko no gufasha abaturage bakeneye inyunganizi mu mategeko. Iki gikorwa cyaranzwe; Ikinamico yerekana uburyo ihohoterwa ribera mu miryango, uko ryakumirwa ndetse no guhangana na ryo. Gufasha abaturage bafite ibibazo bisaba ubujyanama mu mategeko Hari abashyitsi batandukanye baje kwifatanya n’abayobozi ndetse n’abaturage b’Akarere ka Nyabihu, Minisitiri w’Ubutabera, Bwana BUSINGYE Johnston, Uhagarariye Igihugu cya Sweden mu Rwanda; Madame Jenny Ohlsson Umuvunyi wungirije; Madame YANKURIJE Odette; Umuyobozi wa RCN mu Rwanda; Jonathan Lee Umuyobozi w’Ingabo mu Turere twa Nyabihu na Rubavu Nyuma y’ibikorwa byose, Minisitiri w’Ubutabera yagejeje abari aho bose ubutumwa.

ICYUMWERU CY’UMUJYANAMA, UMWANYA WO KWEGERA ABATURAGE

Mu gihe cy’Icyumweru cy’Umujyanama cyabaye kuva ku wa 17 kugeza ku wa 19 Kamena 2026, abagize Inama Njyanama basuye ibikorwa bitandukanye mu mirenge…

Read more →

URUGENDO SHURI KU KWESA IMIHIGO MU KARERE KA NGOMA

Mu rwego rwo kwigiranaho ku ngamba zo kwesa Imihigo n’uburyo zishyirwa mu bikorwa, itsinda rigari ry’Akarere ka Nyabihu riyobowe n’Umunyamabanga…

Read more →

NYABIHU: HATERANIYE INTEKO RUSANGE YA 28 Y’INAMA Y’IGIHUGU Y’URUBYIRUKO

Kuri uyu wa 13 Kamena 2026,Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette,yakiriye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko…

Read more →

IKIRARO CYO MU KIRERE CYA SHYIRA, CYATEJE IMBERE IMIGENDERANIRE N’UBUHAHIRANE

Abaturage bo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu n’abo mu Murenge wa Mugunga muri Gakenke bishimiye irangira ry’ikiraro cyo mu kirere cyubatswe…

Read more →

UBUKANGURAMBAGA KU GUKUMIRA NO KURWANYA IMIRIRE MIBI N’IGWINGIRA MU BANA BATO

Kuwa 09 Kamena 2026, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Bwana Simpenzwe Pascal, yatangije icyumweru cyahariwe…

Read more →

TRANSPARENCY INTERNATIONAL RWANDA MU NAMA KU IGENAMIGAMBI N’IMITANGIRE YA SERIVISI

Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, ari kumwe na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere, Bwana HABANABAKIZE Protais, bakiriye Intumwa ya…

Read more →

URUZINDUKA RWA MINISITIRI W’IBIKORWA BY’UBUTABAZI MU KARERE KA NYABIHU

Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…

Read more →

KWIBUKA32: AKARERE KA NYABIHU KASHYINGUYE MU CYUBAHIRO IMIBIRI 6 Y’ABAZIZE JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI

Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…

Read more →

ABASIRIKARE BIGA MU ISHURI RYA NYAKINAMA BASUYE IBIKORWA BYA BYAKOZWE N'UMUSHINGA WA SEBEYA

Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…

Read more →
-->