MINISITIRI W’UBUTABERA YITABIRIYE UMUGANDA NGARUKAKWEZI NO GUSOZA ICYUMWERU CY ’’UMURIRI W’UBUTABERA’’

Umuganda ngarukakwezi wo ku wa 28 Nyakanga 2018, ku rwego rw’Akarere ka Nyabihu, wabereye mu Murenge wa Shyira, Akagari ka Kanyamitana, Umudugudu wa Kazirankara. Uyu muganda witabiriwe na Minisitiri w’Ubutabera, Bwana BUSINGYE Johnston, akaba yari we mushyitsi mukuru; akaba yari aherekejwe n’ uhagarariye Igihugu cya Suwedi mu Rwanda n’abandi bayobozi batandukanye ku rwego rw’Igihugu. Muri uwo muganda hakozwe igikorwa cyo guharura umuhanda uva ku Mudugudu wa Kazirankara ujya ku kigo cy’amashuri ya Kaburamba. Nyuma y’umuganda umuyobozi w’Akarere, Madamu MUKANDAYISENGA Antoinette, yagejeje ku baturage bitabiriye umuganda ubutumwa bwateguwe bujyanye n’icyo igikorwa. Kuri uyu munsi kandi nyuma y’umuganda hakomeje igikorwa cy’’Umuriri w’Ubutabera’’(Caravane juridique), kigamije gusobanurira abaturage amategeko no gufasha abaturage bakeneye inyunganizi mu mategeko. Iki gikorwa cyaranzwe; Ikinamico yerekana uburyo ihohoterwa ribera mu miryango, uko ryakumirwa ndetse no guhangana na ryo. Gufasha abaturage bafite ibibazo bisaba ubujyanama mu mategeko Hari abashyitsi batandukanye baje kwifatanya n’abayobozi ndetse n’abaturage b’Akarere ka Nyabihu, Minisitiri w’Ubutabera, Bwana BUSINGYE Johnston, Uhagarariye Igihugu cya Sweden mu Rwanda; Madame Jenny Ohlsson Umuvunyi wungirije; Madame YANKURIJE Odette; Umuyobozi wa RCN mu Rwanda; Jonathan Lee Umuyobozi w’Ingabo mu Turere twa Nyabihu na Rubavu Nyuma y’ibikorwa byose, Minisitiri w’Ubutabera yagejeje abari aho bose ubutumwa.

URUBYRUKO 20 BAHAWE IMPAMYABUMENYI Z’IMYUGA

Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…

Read more →

RUGERA: HUZUYE IKIRARO CYO MU KIRERE CYA METERO 95

Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…

Read more →

ABASENATERI BASUZUMYE ITERAMBERE RY’UBWOROZI MU KARERE KA NYABIHU

Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…

Read more →

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka Nyabihu

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…

Read more →

RAMBURA: HIZIHIJWE UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMWARIMU, HAHEMBWA INDASHYIKIRWA

Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…

Read more →

VISI MEYA SIMPENZWE PASCAL YIFATANYIJE N’ABATURAGE MU GUSOZA IBIKORWA BY’UMUSHINGA HEALTH POVERTY ACTION

Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana  SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…

Read more →

U Rwanda rwifatanyije n’Isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga wabereye mu Karere ka Nyabihu

None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…

Read more →

Abayobozi b’Inzego Zitandukanye Bifatanyije n’Abaturage ba Bukinanyana mu Muganda wo Kwimakaza Isuku n’Isukura

Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…

Read more →

Bigogwe: Hasorejwe Ukwezi Kwahariwe Umuryango,Imiryango 10 Isezerana byemewe m'amategeko

Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…

Read more →
-->