RAMBURA: HIZIHIJWE UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMWARIMU, HAHEMBWA INDASHYIKIRWA
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu ku ruhare rukomeye bagira mu iterambere ry’igihugu. Ku rwego rw’Akarere wijihirijwe mu Murenge wa Rambura.Ni umuhango witabiriwe na Visi Meya ushinzwe imibereho myiza, Bwana SIMPENZWE Pascal, ari kumwe n’inzego zitandukanye zifite uburezi mu nshingano.
Mu birori byabereye muri uyu murenge, hahembwe abarimu bahize abandi mu nshingano zabo, hagamijwe gukomeza guteza imbere ireme ry’uburezi no gushishikariza abandi guharanira indangagaciro z’umwuga. Abitabiriye basabwe gukomeza kurangwa n’ubufatanye n’ubwitange, hubahirizwa amabwiriza ya Leta, cyane ko insanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti: “Uburezi ni umwuga usaba ubufatanye.”
Uhagarariye abarimu mu Murenge wa Rambura,UWINEZA Delphine, yashimangiye ko abarimu biyemeje gukomeza kuba umusemburo w’iterambere binyuze mu gutanga uburezi bufite ireme no kurushaho gukorera hamwe n’inzego zose zibafasha.
Mu bihembo byatanzwe,BARIGISHA Eustache wo ku mashuri abanza ya Mutaho niwe wazituriwe inka nk’ishimwe ryo kugaragaza ubwitange n’umusaruro mwiza mu kazi ke ka buri munsi. Ni igikorwa cyashimishije cyane abarezi n’abaturage, kigaragaza agaciro Leta n’inzego z’ibanze baha umwarimu nk’umusingi w’iterambere.
Abitabiriye bashimiye Leta y’u Rwanda ku bikorwa binyuranye biteza imbere imibereho myiza y’abarezi birimo Koperative Umwalimu SACCO, kuri ubu ifasha abarimu kwizigamira no kwiteza imbere binyuze mu nguzanyo zinyuranye,ndetse na buruse Leta igenera abarimu hagamijwe kongera ubumenyi n’ubunyamwuga mu rwego rwo guteza imbere ireme ry’uburezi.
Ibirori byasojwe n’ubutumwa bwo kwifuriza abarimu n’abaturage bose iminsi mikuru myiza, no gukomeza gukorera hamwe hagamijwe kubaka ejo hazaza h’Igihugu gishingiye ku burezi bufite ireme.
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…
None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…
Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…
Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…
Kuri uyu wa 07 Ugushyingo 2025, Akarere ka Nyabihu katangije ku mugaragaro icyumweru cy’ubukangurambaga ku mirire iboneye no kurwanya igwingira…