SHYIRA:Minisitiri HABIMANA Dominique mu Muganda usoza ukwezi kwa Nzeri

Kuri uyu wa 27 Nzeri 2025, mu Kagari ka Cyimanzovu, Umurenge wa Shyira, habereye Umuganda usoza ukwezi ku bufatanye n’inzego zitandukanye, witabirwa na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,HABIMANA Dominique.

Muri uyu muganda hatewe ibiti by’avoka 2000 ku bufatanye na Equity Bank Rwanda,hanacukurwa imyobo izashyira imbuto z’ibiti bivangwa n’imyaka, byose hamwe hakazaterwa ibingana n’ibihumbi 7. Iki gikorwa kigamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage, kurwanya imirire mibi no kongera umusaruro w’ubuhinzi.

Nyuma y’umuganda, Minisitiri Habimana Dominique yagiranye ikiganiro n’abaturage cyibanze ku ngingo zitandukanye. Yabasabye gukomeza gusigasira umutekano, kuko ari wo shingiro ry’iterambere ry’igihugu.

Yanibukije akamaro ko gutura neza, abantu bakirinda kubaka mu manegeka kugira ngo barinde ubuzima bwabo n’ubw’abandi. Yanasabye buri wese kugira uruhare mu kubungabunga isuku mu ngo no mu midugudu.

Minisitiri kandi yashishikarije abaturage kubungabunga ibidukikije, by’umwihariko kwita ku biti byatewe muri uyu muganda. Yongeye kwibutsa akamaro ko kwitabira uburezi, buri mwana akajya ku ishuri kugira ngo igihugu kizagire ejo hazaza heza.

Umuganda wabaye n’umwanya wo kugaragaza ubufatanye hagati ya Leta, abaturage n’abafatanyabikorwa mu iterambere. Equity Bank Rwanda yashimangiye ko izakomeza gufatanya n’abaturage mu bikorwa bigamije iterambere rirambye.


URUZINDUKA RWA MINISITIRI W’IBIKORWA BY’UBUTABAZI MU KARERE KA NYABIHU

Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…

Read more →

KWIBUKA32: AKARERE KA NYABIHU KASHYINGUYE MU CYUBAHIRO IMIBIRI 6 Y’ABAZIZE JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI

Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…

Read more →

ABASIRIKARE BIGA MU ISHURI RYA NYAKINAMA BASUYE IBIKORWA BYA BYAKOZWE N'UMUSHINGA WA SEBEYA

Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…

Read more →

INAMA YAGUYE Y’UMUTEKANO YATERANYE YIGA KU NGINGO ZITANDUKANYE

kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…

Read more →

RUBAYA: ISOKO RISHYA RY’IMBOGA N’IMBUTO RYITEZWEHO GUTEZA IMBERE UBUCURUZI

Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…

Read more →

Kintobo:Meya Mukandayisenga yakiriye Hon.Dusingizemungu mu muganda usoza ukwezi kwa Werurwe

Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…

Read more →

BIGOGWE:IBUYE FATIZO RYASHYIZWE AHAGIYE KUBAKIRWA IMIRYANGO 30

Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…

Read more →

UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMUGOREGORE WIZIHIRIJWE MU MURENGE WA SHYIRA

Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…

Read more →

URUBYIRUKO 20 BAHAWE IMPAMYABUMENYI Z’IMYUGA

Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…

Read more →
-->