SHYIRA:Minisitiri HABIMANA Dominique mu Muganda usoza ukwezi kwa Nzeri
Kuri uyu wa 27 Nzeri 2025, mu Kagari ka Cyimanzovu, Umurenge wa Shyira, habereye Umuganda usoza ukwezi ku bufatanye n’inzego zitandukanye, witabirwa na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,HABIMANA Dominique.
Muri uyu muganda hatewe ibiti by’avoka 2000 ku bufatanye na Equity Bank Rwanda,hanacukurwa imyobo izashyira imbuto z’ibiti bivangwa n’imyaka, byose hamwe hakazaterwa ibingana n’ibihumbi 7. Iki gikorwa kigamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage, kurwanya imirire mibi no kongera umusaruro w’ubuhinzi.
Nyuma y’umuganda, Minisitiri Habimana Dominique yagiranye ikiganiro n’abaturage cyibanze ku ngingo zitandukanye. Yabasabye gukomeza gusigasira umutekano, kuko ari wo shingiro ry’iterambere ry’igihugu.
Yanibukije akamaro ko gutura neza, abantu bakirinda kubaka mu manegeka kugira ngo barinde ubuzima bwabo n’ubw’abandi. Yanasabye buri wese kugira uruhare mu kubungabunga isuku mu ngo no mu midugudu.
Minisitiri kandi yashishikarije abaturage kubungabunga ibidukikije, by’umwihariko kwita ku biti byatewe muri uyu muganda. Yongeye kwibutsa akamaro ko kwitabira uburezi, buri mwana akajya ku ishuri kugira ngo igihugu kizagire ejo hazaza heza.
Umuganda wabaye n’umwanya wo kugaragaza ubufatanye hagati ya Leta, abaturage n’abafatanyabikorwa mu iterambere. Equity Bank Rwanda yashimangiye ko izakomeza gufatanya n’abaturage mu bikorwa bigamije iterambere rirambye.



Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…
None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…
Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…
Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…