U Rwanda rwifatanyije n’Isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga wabereye mu Karere ka Nyabihu

None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu Karere ka Nyabihu bitangwa mu nsanganyamatsiko igira iti: “Dushyigikire Umuryango udaheza abantu bafite ubumuga duteze imbere imibereho myiza.” Ukaba witabiriwe n’inzego zitandukanye zirimo:Urwego rw’Igihugu rushinzwe Abantu bafite Ubumuga ,Ministeri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yarihagarariwe na Guverineri w'Intara y'Iburengerazuba,Imiryango yita ku bafite ubumuga, imiryango y’abafatanyabikorwa ndetse n’abaturage bo mu Karere ka Nyabihu.

Uyu munsi waranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije kwimakaza ihame ryo kudasiga umuntu n’umwe inyuma, birimo gutanga inyunganirangingo, insimburangingo, ndetse n’ibihembo bitandukanye byahabwaga abafite ubumuga mu rwego rwo kubashyigikira no kubafasha kunoza imibereho yabo ya buri munsi.

Mu rwego rwo gushimangira ubwitabire n’ubusabane, abafite ubumuga bakinnye umukino wa BOCCIA hamwe n’abashyitsi, berekana ko siporo ari inzira y’ubumwe n’ubuzima bwiza. Hanatambukijwe imyiyereko y’indirimbo n’imbyino gakondo, ndetse haboneka n’ikinamico yagarukaga ku ruhare rw’ababyeyi mu kubungabunga no guteza imbere umuryango uha agaciro abantu bafite ubumuga, byerekana ko buri wese afite uruhare mu kubaka sosiyete idahutaza cyangwa ngo iheze.

Umushyitsi mukuru wari witabiriye ibi birori ni Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Bwana NTIBITURA Jean Bosco, uhagarariye Intara y’Iburengerazub. Mu ijambo rye, yagarutse ku ruhare rw’inzego zose mu guteza imbere imibereho myiza y’abafite ubumuga, anizeza ubufatanye buhoraho mu kubashyigikira mu bikorwa byose bibafasha kwiteza imbere no kugira uruhare mu mibereho y’igihugu.


URUBYRUKO 20 BAHAWE IMPAMYABUMENYI Z’IMYUGA

Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…

Read more →

RUGERA: HUZUYE IKIRARO CYO MU KIRERE CYA METERO 95

Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…

Read more →

ABASENATERI BASUZUMYE ITERAMBERE RY’UBWOROZI MU KARERE KA NYABIHU

Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…

Read more →

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka Nyabihu

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…

Read more →

RAMBURA: HIZIHIJWE UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMWARIMU, HAHEMBWA INDASHYIKIRWA

Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…

Read more →

VISI MEYA SIMPENZWE PASCAL YIFATANYIJE N’ABATURAGE MU GUSOZA IBIKORWA BY’UMUSHINGA HEALTH POVERTY ACTION

Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana  SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…

Read more →

Abayobozi b’Inzego Zitandukanye Bifatanyije n’Abaturage ba Bukinanyana mu Muganda wo Kwimakaza Isuku n’Isukura

Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…

Read more →

Bigogwe: Hasorejwe Ukwezi Kwahariwe Umuryango,Imiryango 10 Isezerana byemewe m'amategeko

Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…

Read more →

Itangizwa ry’Icyumweru cy’Ubukangurambaga ku Mirire Iboneye no Kurwanya Igwingira

Kuri uyu wa 07 Ugushyingo 2025, Akarere ka Nyabihu katangije ku mugaragaro icyumweru cy’ubukangurambaga ku mirire iboneye no kurwanya igwingira…

Read more →
-->