Ubukangurambaga bugamije gukumira igwingira ry’abana bato
Ubukangurambaga bugamije gukumira igwingira, imirire mibi ndetse no kugira uruhare mu guteza imbere gahunda zikomatanyije zijyanye na gahunda mbonezamirire y’abana bato. Iki gikorwa cyatangijwe kuri uyu wa gatatu, tariki ya 19/12/2018, mu Karere ka Nyabihu, kikaba cyabanjirijwe n’inama y’abafatanyabikorwa, hakurikiraho kungurana ibitekerezo n’abaturage ku igwingira, imirire mibi ndetse no kugira uruhare rugaragara muri gahunda yo kurandura iki kibazo cy’igwigira ry’abana bato, hakurikiraho nanone igikorwa cyo gupima abana hagamijwe kureba uko ubuzima bwa bo buhagaze, hatangwa n’inama kuri gahunda yo kuboneza urubyaro ku babyeyi babyifuza no kubasobanurira akamaro kabyo, nyuma abana bagaburiwe indyo yuzuye , bahabwa amata. Abafatanyabikorwa bamurikiye abayobozi n’abaturage ibikorwa bigamije kuzamura imibereho myiza y’abaturage. Muri iki gikorwa hafatiwemo imyanzuro itandukanye; Ubuyobozi bw’Akarere bufatanyije n’abafatanyabikorwa bemeje ko bagomba kubarura imibare y’abana batarageza ku myaka ibiri, abagore batwite ndetse n’abonsa bakajya bitabwaho hakiri kare kuko byagaragaye ko iyo umwana yarangije kugwingira kumwitaho bigorana gushoboka. Inama kandi yemeje ko amabwiriza ajyanye no kwemeza urutonde rw’abana bahabwa Shisha kibondo yavugururwa ku buryo umwana azajya yemerezwa ku kigo nderabuzima kuko byagaragaye ko uburyo bwari busanzwe bwatindaga bityo abana bamwe bagacikanwa, Ubukangurambaga bugamije kwita ku buzima bw’umwana bugomba gukomeza ku buryo ababyeyi, umugabo n’umugore bakumva ko ari bo bafite inshingano z’ibanze mbere y’abandi mu kwita ku mwana` Umushyitsi mukuru muri iki gikorwa yari Dr. Anitha ASIIMWE, Umuhuzabikorwa wa Gahunda mbonezamikurire y’abana bato, ku ruhande rw’Akarere hari Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza, Bwana SIMPENZWE Pascal, abakozi b’Akarere n’abafatanyabikorwa b’Akarere.
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…
None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…
Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…
Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…