Ubukangurambaga bugamije kurandura kugwingira kw’abana bato.

Mu Karere ka Nyabihu, Umurenge wa Bigogwe, kuri uyu wa kane tariki ya 17/5/2018 hatangijwe ku mugaragaro ubukangurambaga bugamije kurandura burundu kugwingira kw’abana bato (Stunting prevention and reduction). Uyu muhango watangijwe na Minisitiri w’Intebe, Nyakubahwa NGIRENTE Edouard. Uyu muhango witabiriwe kandi n’abashyitsi n’abayobozi batandukanye ku rwego rw’Igihugu, abayobozi muri za Minisiteri zitandukanye, abahagarariye abafatanyabikorwa ba Guverinoma y’u Rwanda mu iterambere. Iyi gahunda yo kurwanya kugwingira kw’abana bato yatangijwe mu Turere 13 tw’Igihugu dufite umubare munini w’abana bagwingiye. Kuri gahunda y’uyu munsi, aba bayobozi bateye imboga mu karima k’igikoni kubakiwe uwitwa Mahoro Jeannette, utuye mu Mudugudu wa Bikingi, Akagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe, hafi ya ECD. Nyuma yo gusura akarima k’igikoni, hasuwe ECD iherereye mu Murenge wa Bigogwe. Hakozwe kandi igikorwa cyo gusura ihema ryatangirwagamo serivisi zijyanye n’ubuzima bw’umwana harimo izigaragaza uko ubuzima bw’umubyeyi utwite n’ubw’umwana bukurikiranwa mu minsi igihumbi, n’izindi. Abakinnyi b’Urunana nabo berekanye umukino ugaragaza impamvu zibangamiye imibereho myiza y’umuryango bigatera igwingira ry’abana. Nk’uko byavuzwe haruguru, umushyitsi mukuru yari Minisitiri w’Intebe, Nyakubahwa NGIRENTE Edouard. Uyu muhango witabiriwe kandi n’abandi bayobozi bakuru mu nzego zitandukanye z’Igihugu, harimo: Minisitiri w’Iterarambere ry’Umuryango, Umuyobozi uhagarariye Banki y’isi mu Rwanda, Umunyamabanga wa Leta muri MINALOC, Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ubuzima Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba N’abandi.

URUBYRUKO 20 BAHAWE IMPAMYABUMENYI Z’IMYUGA

Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…

Read more →

RUGERA: HUZUYE IKIRARO CYO MU KIRERE CYA METERO 95

Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…

Read more →

ABASENATERI BASUZUMYE ITERAMBERE RY’UBWOROZI MU KARERE KA NYABIHU

Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…

Read more →

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka Nyabihu

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…

Read more →

RAMBURA: HIZIHIJWE UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMWARIMU, HAHEMBWA INDASHYIKIRWA

Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…

Read more →

VISI MEYA SIMPENZWE PASCAL YIFATANYIJE N’ABATURAGE MU GUSOZA IBIKORWA BY’UMUSHINGA HEALTH POVERTY ACTION

Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana  SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…

Read more →

U Rwanda rwifatanyije n’Isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga wabereye mu Karere ka Nyabihu

None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…

Read more →

Abayobozi b’Inzego Zitandukanye Bifatanyije n’Abaturage ba Bukinanyana mu Muganda wo Kwimakaza Isuku n’Isukura

Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…

Read more →

Bigogwe: Hasorejwe Ukwezi Kwahariwe Umuryango,Imiryango 10 Isezerana byemewe m'amategeko

Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…

Read more →
-->