Ubukangurambaga bugamije kurandura kugwingira kw’abana bato.

Mu Karere ka Nyabihu, Umurenge wa Bigogwe, kuri uyu wa kane tariki ya 17/5/2018 hatangijwe ku mugaragaro ubukangurambaga bugamije kurandura burundu kugwingira kw’abana bato (Stunting prevention and reduction). Uyu muhango watangijwe na Minisitiri w’Intebe, Nyakubahwa NGIRENTE Edouard. Uyu muhango witabiriwe kandi n’abashyitsi n’abayobozi batandukanye ku rwego rw’Igihugu, abayobozi muri za Minisiteri zitandukanye, abahagarariye abafatanyabikorwa ba Guverinoma y’u Rwanda mu iterambere. Iyi gahunda yo kurwanya kugwingira kw’abana bato yatangijwe mu Turere 13 tw’Igihugu dufite umubare munini w’abana bagwingiye. Kuri gahunda y’uyu munsi, aba bayobozi bateye imboga mu karima k’igikoni kubakiwe uwitwa Mahoro Jeannette, utuye mu Mudugudu wa Bikingi, Akagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe, hafi ya ECD. Nyuma yo gusura akarima k’igikoni, hasuwe ECD iherereye mu Murenge wa Bigogwe. Hakozwe kandi igikorwa cyo gusura ihema ryatangirwagamo serivisi zijyanye n’ubuzima bw’umwana harimo izigaragaza uko ubuzima bw’umubyeyi utwite n’ubw’umwana bukurikiranwa mu minsi igihumbi, n’izindi. Abakinnyi b’Urunana nabo berekanye umukino ugaragaza impamvu zibangamiye imibereho myiza y’umuryango bigatera igwingira ry’abana. Nk’uko byavuzwe haruguru, umushyitsi mukuru yari Minisitiri w’Intebe, Nyakubahwa NGIRENTE Edouard. Uyu muhango witabiriwe kandi n’abandi bayobozi bakuru mu nzego zitandukanye z’Igihugu, harimo: Minisitiri w’Iterarambere ry’Umuryango, Umuyobozi uhagarariye Banki y’isi mu Rwanda, Umunyamabanga wa Leta muri MINALOC, Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ubuzima Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba N’abandi.

URUZINDUKA RWA MINISITIRI W’IBIKORWA BY’UBUTABAZI MU KARERE KA NYABIHU

Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…

Read more →

KWIBUKA32: AKARERE KA NYABIHU KASHYINGUYE MU CYUBAHIRO IMIBIRI 6 Y’ABAZIZE JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI

Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…

Read more →

ABASIRIKARE BIGA MU ISHURI RYA NYAKINAMA BASUYE IBIKORWA BYA BYAKOZWE N'UMUSHINGA WA SEBEYA

Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…

Read more →

INAMA YAGUYE Y’UMUTEKANO YATERANYE YIGA KU NGINGO ZITANDUKANYE

kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…

Read more →

RUBAYA: ISOKO RISHYA RY’IMBOGA N’IMBUTO RYITEZWEHO GUTEZA IMBERE UBUCURUZI

Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…

Read more →

Kintobo:Meya Mukandayisenga yakiriye Hon.Dusingizemungu mu muganda usoza ukwezi kwa Werurwe

Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…

Read more →

BIGOGWE:IBUYE FATIZO RYASHYIZWE AHAGIYE KUBAKIRWA IMIRYANGO 30

Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…

Read more →

UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMUGOREGORE WIZIHIRIJWE MU MURENGE WA SHYIRA

Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…

Read more →

URUBYIRUKO 20 BAHAWE IMPAMYABUMENYI Z’IMYUGA

Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…

Read more →
-->