UBUKANGURAMBAGA BWA BYIKORERE KURI SERIVISI ZISABWA BINYUZE KU RUBUGA RW’IREMBO

Kuva ku itariki ya 10 Werurwe 2025 kugeza 12 Werurwe 2025, mu Karere ka Nyabihu habereye ubukangurambaga bwa BYIKORERE kuri serivisi zisabwa binyuze ku rubuga Irembo.

Nyuma yo guhabwa ikaze n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu Mukandayisenga Antoinette, uwaje ayoboye itsinda ry’abakozi boherejwe n’Irembo yagaragaje ko ikibagenza ari ugufatanya n’Akarere ka Nyabihu gukangurira abaturage uburyo bwa BYIKORERE, aho umuturage yisabira serivisi atanyuze ku wundi muntu (agent).

Nyuma y’ikaze, ubukangurambaga bwakomereje mu Mirenge itandatu (Mukamira, Kabatwa, Jenda, Karago, Kintobo na Mulinga, aho ku munsi umwe bwakorerwaga mu Mirenge 2. Ibi bikaba bije bisanga indi Mirenge 4 yari yarabukorewemo mu cyiciro cyabanje.

Muri ubu bukangurambaga, abaturage bigishijwe byinshi ku bijyanye no kwisabira serivisi binyuze ku rubuga Irembo, hakoreshejwe telephone cyangwa mudasobwa kubashobora kuzibona.

Hagarutswe cyane ku buryo bubiri bwifashishwa mu kwinjira ku rubuga Irembo, aribwo *909#  kuri telephone iyo ariyo yose, aho umuntu ashobora kwisabira zimwe muri serivisi zibonekaho zirimo Mituweli, serivisi za Polisi, Icyemezo cy’amavuko, icyemezo cy’uko uri ingaragu n’izindi zizagenda zongerwaho.

Ubundi buryo ni ukunyura ku rubuga rw’Irembo ukoresheje murandasi arirwo www.irembo.gov.rw aho ushobora gusanga serivisi zose zashyizwe ku rubuga Irembo, maze umuntu agahitamo iyo ashaka gusaba.

Ubu bukangurambaga bukaba bwarasojwe abaturage ndetse n’Ubuyobozi bishimira iki gikorwa cy’ingirakamaro kije gufasha abaturage b’Akarere ka Nyabihu kwisabira serivisi z’Irembo bityo umwanya ndetse n’amafaranga y’ingendo bakoreshaga bakabizigama.


URUZINDUKA RWA MINISITIRI W’IBIKORWA BY’UBUTABAZI MU KARERE KA NYABIHU

Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…

Read more →

KWIBUKA32: AKARERE KA NYABIHU KASHYINGUYE MU CYUBAHIRO IMIBIRI 6 Y’ABAZIZE JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI

Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…

Read more →

ABASIRIKARE BIGA MU ISHURI RYA NYAKINAMA BASUYE IBIKORWA BYA BYAKOZWE N'UMUSHINGA WA SEBEYA

Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…

Read more →

INAMA YAGUYE Y’UMUTEKANO YATERANYE YIGA KU NGINGO ZITANDUKANYE

kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…

Read more →

RUBAYA: ISOKO RISHYA RY’IMBOGA N’IMBUTO RYITEZWEHO GUTEZA IMBERE UBUCURUZI

Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…

Read more →

Kintobo:Meya Mukandayisenga yakiriye Hon.Dusingizemungu mu muganda usoza ukwezi kwa Werurwe

Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…

Read more →

BIGOGWE:IBUYE FATIZO RYASHYIZWE AHAGIYE KUBAKIRWA IMIRYANGO 30

Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…

Read more →

UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMUGOREGORE WIZIHIRIJWE MU MURENGE WA SHYIRA

Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…

Read more →

URUBYIRUKO 20 BAHAWE IMPAMYABUMENYI Z’IMYUGA

Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…

Read more →
-->