UBUKANGURAMBAGA BWA BYIKORERE KURI SERIVISI ZISABWA BINYUZE KU RUBUGA RW’IREMBO

Kuva ku itariki ya 10 Werurwe 2025 kugeza 12 Werurwe 2025, mu Karere ka Nyabihu habereye ubukangurambaga bwa BYIKORERE kuri serivisi zisabwa binyuze ku rubuga Irembo.

Nyuma yo guhabwa ikaze n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu Mukandayisenga Antoinette, uwaje ayoboye itsinda ry’abakozi boherejwe n’Irembo yagaragaje ko ikibagenza ari ugufatanya n’Akarere ka Nyabihu gukangurira abaturage uburyo bwa BYIKORERE, aho umuturage yisabira serivisi atanyuze ku wundi muntu (agent).

Nyuma y’ikaze, ubukangurambaga bwakomereje mu Mirenge itandatu (Mukamira, Kabatwa, Jenda, Karago, Kintobo na Mulinga, aho ku munsi umwe bwakorerwaga mu Mirenge 2. Ibi bikaba bije bisanga indi Mirenge 4 yari yarabukorewemo mu cyiciro cyabanje.

Muri ubu bukangurambaga, abaturage bigishijwe byinshi ku bijyanye no kwisabira serivisi binyuze ku rubuga Irembo, hakoreshejwe telephone cyangwa mudasobwa kubashobora kuzibona.

Hagarutswe cyane ku buryo bubiri bwifashishwa mu kwinjira ku rubuga Irembo, aribwo *909#  kuri telephone iyo ariyo yose, aho umuntu ashobora kwisabira zimwe muri serivisi zibonekaho zirimo Mituweli, serivisi za Polisi, Icyemezo cy’amavuko, icyemezo cy’uko uri ingaragu n’izindi zizagenda zongerwaho.

Ubundi buryo ni ukunyura ku rubuga rw’Irembo ukoresheje murandasi arirwo www.irembo.gov.rw aho ushobora gusanga serivisi zose zashyizwe ku rubuga Irembo, maze umuntu agahitamo iyo ashaka gusaba.

Ubu bukangurambaga bukaba bwarasojwe abaturage ndetse n’Ubuyobozi bishimira iki gikorwa cy’ingirakamaro kije gufasha abaturage b’Akarere ka Nyabihu kwisabira serivisi z’Irembo bityo umwanya ndetse n’amafaranga y’ingendo bakoreshaga bakabizigama.


URUBYRUKO 20 BAHAWE IMPAMYABUMENYI Z’IMYUGA

Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…

Read more →

RUGERA: HUZUYE IKIRARO CYO MU KIRERE CYA METERO 95

Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…

Read more →

ABASENATERI BASUZUMYE ITERAMBERE RY’UBWOROZI MU KARERE KA NYABIHU

Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…

Read more →

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka Nyabihu

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…

Read more →

RAMBURA: HIZIHIJWE UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMWARIMU, HAHEMBWA INDASHYIKIRWA

Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…

Read more →

VISI MEYA SIMPENZWE PASCAL YIFATANYIJE N’ABATURAGE MU GUSOZA IBIKORWA BY’UMUSHINGA HEALTH POVERTY ACTION

Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana  SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…

Read more →

U Rwanda rwifatanyije n’Isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga wabereye mu Karere ka Nyabihu

None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…

Read more →

Abayobozi b’Inzego Zitandukanye Bifatanyije n’Abaturage ba Bukinanyana mu Muganda wo Kwimakaza Isuku n’Isukura

Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…

Read more →

Bigogwe: Hasorejwe Ukwezi Kwahariwe Umuryango,Imiryango 10 Isezerana byemewe m'amategeko

Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…

Read more →
-->