UBUKANGURAMBAGA BWA MINISITERI Y’UBUREZI.
Ubukangurambaga bwa Minisiteri y’Uburezi bwakomereje mu Rwunge rw’amashuri ya Vunga, kuri uyu wa 31/01/2019, aho Minisitiri w’Uburezi, Dr. MUTIMURA Eugene afatanyije n’ umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu MUKANDAYISENGA Antoinette, abahagarariye inzego z’umutekano n’abandi bayobozi.
Uyu muyobozi yasuye ikigo, areba aho umwarimu yigisha, asura abanyeshuri, atangiza na gahunda yo kugaburira abana amata; aho yashishikarije ababyeyi kugira uruhare muri iyi gahunda ku buryo kuri buri funguro buri mwana azajya ahabwa amata. Minisitiri w’Uburezi yishimiye ubuyobozi bw’ishuri ku isuku n’imiyoborere myiza bigaragara muri iki kigo, agenera igihembo umuyobozi w’ishuri. Uyu muyobozi kandi yagarutse ku ireme ry’uburezi aho Minisiteri y’Uburezi izajya ikoresha isuzumabumenyi buri kwezi na buri gihembwe kuri buri cyiciro cy’amashuri. Yemereye ikigo umurongo wa Internet wa 4G, ibikoresho bya computer lab bizakoreshwa mu ishami rya Computer Science. Yavuze kandi kuri gahunda ya Leta yo kuzamura imibereho myiza ya mwarimu.
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…
None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…
Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…
Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…