UBUKANGURAMBAGA KU CYUMWERU CYAHARIWE KONSA
Kuri uyu wa gatatu, tariki ya 08 Kanama 2024, mu Mudugudu wa Kaminuza, Akagari ka Gihorwe, Umurenge wa Kabatwa, Akrere ka Nyabihu, hatangirijwe ku rwego rw’Igihugu ubukangurambaga ku cyumweru cyahariwe konsa, cyahawe insanganyamatisko igira iti’’ Umwana wonse neza, ishema ryacu’’
Muri ubu bukangurambaga umushyitsi mukuru yari Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Hon. Dushiminana Lambert wari kumwe n’abandi bayobozi batandukanye barimo; Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere ry’umwana( NCDA), Madamu Ingabire Assoumpta, abagize Inama y’umutekano itaguye y’Intara y’Iburengerazuba, Inama y’umutekano itaguye y’Akarere ka Nyabihu n’abandi bafatanyabikorwa batandukanye; bose bahawe ikaze n’Umuyobozi w’Akarere, Madamu Mukandayisenga Antoinette.
Muri iki gikorwa hatanzwe ubutumwa butandukanye bwose buganisha ku nsanganyamatsiko yacyo no kugabururira abana indyo yuzuye barindwa igwingira. Iki gikorwa kandi cyaranzwe no kugaburira abana indyo yuzuye, gusura ECD ya Basumba iherereye mu Kagari ka Basumba, mu Murenge wa Bigogwe yubatswe ku bufatanye na Reach the Children Rwanda. Icyari kigamijwe ni ukureba services zitangirwa muri uru rugo mbonezamikurire.
Muri uru rugo mbonezamikurire hasuwe: Serivisi zitangwa muri ECD zirimo; imirire myiza, isuku n’isukura, ahororerwa inkoko zizajya zitanga amagi yo kugaburira abana, aho abana baruhukira ( Sleeping room) n’inyubako za ECD Basumba muri rusange.
Mu butumwa yageneye abitabiriye, Umuyobozi w’Intara y’Iburengerazuba, yongeye kwibutsa abitabiriye ubu bukangurambaga ko umwana wonse neza agira ubumenyi, ubwenge, imitekerereze n’imikorere byubaka umuryango n’Igihugu, bigatera ishema, bityo buri wese agomba guharanira ko konsa bikorwa neza kandi uko bikwiye.
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…
kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…
Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…
Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…
Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…
Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…