Ubuyobozi bwifatanyije n’Urubyiruko mu Muganda udasanzwe
Kuri uyu wa13 Nzeri 2025, urubyiruko rwo mu Karere ka Nyabihu rwagize uruhare rukomeye mu muganda udasanzwe wabereye mu tugari twose tw’Akarere, aho ibikorwa byibanze ku gukora inzira z'amazi mu kwirinda isuri, gukora imihanda no kubaka ubwiherero bugenewe Amashuri y’Incuke (ECDs) habonerwaho gushishikariza urubyiruko kugira uruhare mu kubungabunga ibidukikije.
Ibikorwa by’uyu muganda ku rwego rw’Akarere byabereye mu Murenge wa Kintobo, Akagari ka Ryinyo, aho byitabiriwe na Madamu MUKANDAYISENGA Antoinette, Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, ari kumwe n’abahagarariye inzego z’umutekano.
Muri icyo gihe, Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu mu Karere, Bwana HABANABAKIZE Jean Claude, yifatanyije n’urubyiruko rwo mu Murenge wa Mulinga mu bikorwa by’umuganda.
Nyuma y’umuganda, habayeho ibiganiro bigamije kungurana ibitekerezo n’urubyiruko ku nsanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rw’Urubyiruko mu Kurengera Ibidukikije.” Ibi biganiro byari bigamije gukangurira urubyiruko kubakira ku bumwe, ubwitange no kwihangira udushya mu kurinda ibidukikije.
Mu bundi butumwa bwatanzwe harimo ubwagarutse ku mutekano, isuku n’isukura,kurwanya ibiyobyabwenge n’ibindi.
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…
None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…
Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…
Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…