Umuganda ngarukakawezi wo ku wa 25 Kanama 2018

Ku wa gatandatu, tariki ya 25 Kanama 2018, umuganda ngarukakwezi ku rwego rw’Akarere wabereye mu Murenge wa Kintobo, Akagari ka kitobo, Umudugudu wa Gasyo. Hakozwe igiorwa cyo gusiza ikibanza kizubakwamo ibyumba bitatu by’amashuri, ku rwunge rw’amashuri ya Kintobo. Uyu muganda wari witabiriwe n’abayobozi batandukanye mu nzego zose, hari Minisitiri w’Uburezi, Dr. MUTIMURA Eugene, ari na we mushyitsi mukuru, hari kandi; Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu MUKANDAYISENGA Antoinette, Umuyobozi w’Inama Nyanama y’Akarere ka Nyabihu, Bwana GASARABWE Jean Damascene, Abayobozi b’inzego z’umutekano ku rwego rw’Akarere, Abakozi b’Akarere ka Nyabihu Abaturage …. Nyuma y’umuganda, abayobozi baganirije abaturage ku ngingo nyinshi, harimo; Amatora y’abajyanama b’ubuzima, Kurwanya igwigira ry’abana, Kuboneza urubyaro, ibibazo bijyanye na Human Security, Gutangira ku gihe MUSA, Gushishikariza ababyeyi kujyana abana muri ECD, Kugira isuku ahantu hose, Nyuma y’umuganda n’ikiganiro n’abaturage, Minisitiri w’Uburezi, akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu yagiranye inama n’abayobozi ndetse n’abakozi b’Akarere ka Nyabihu, aho baganiriye ku ngingo nyinshi uko bagiye besa Imihigo mu minsi yashize, Imihigo y’uyu mwaka 2018-2019, Ibibazo bitandukanye Akarere gafite n’ingorane Akarere gahura na zo mu rwego rwo kwesa Imihigo no gukemura ibibazo byugarije uburezi muri rusange. Minisitiri w’Uburezi yatanze impanuro nyinshi harimo; Gusaba abakozi gukorera hamwe, Gufatira ibihano umukozi bigaragaye ko yishe akazi nkana, Gukora hakiri kare ibikorwa byose biteganyijwe, Gusesengura no gushaka ibisubizo hakiri kare ku mbongamizi zatuma Imihigo y’Akarere itagerwaho uko bikwiye.

URUBYRUKO 20 BAHAWE IMPAMYABUMENYI Z’IMYUGA

Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…

Read more →

RUGERA: HUZUYE IKIRARO CYO MU KIRERE CYA METERO 95

Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…

Read more →

ABASENATERI BASUZUMYE ITERAMBERE RY’UBWOROZI MU KARERE KA NYABIHU

Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…

Read more →

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka Nyabihu

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…

Read more →

RAMBURA: HIZIHIJWE UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMWARIMU, HAHEMBWA INDASHYIKIRWA

Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…

Read more →

VISI MEYA SIMPENZWE PASCAL YIFATANYIJE N’ABATURAGE MU GUSOZA IBIKORWA BY’UMUSHINGA HEALTH POVERTY ACTION

Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana  SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…

Read more →

U Rwanda rwifatanyije n’Isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga wabereye mu Karere ka Nyabihu

None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…

Read more →

Abayobozi b’Inzego Zitandukanye Bifatanyije n’Abaturage ba Bukinanyana mu Muganda wo Kwimakaza Isuku n’Isukura

Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…

Read more →

Bigogwe: Hasorejwe Ukwezi Kwahariwe Umuryango,Imiryango 10 Isezerana byemewe m'amategeko

Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…

Read more →
-->