Umuganda ngarukakawezi wo ku wa 25 Kanama 2018

Ku wa gatandatu, tariki ya 25 Kanama 2018, umuganda ngarukakwezi ku rwego rw’Akarere wabereye mu Murenge wa Kintobo, Akagari ka kitobo, Umudugudu wa Gasyo. Hakozwe igiorwa cyo gusiza ikibanza kizubakwamo ibyumba bitatu by’amashuri, ku rwunge rw’amashuri ya Kintobo. Uyu muganda wari witabiriwe n’abayobozi batandukanye mu nzego zose, hari Minisitiri w’Uburezi, Dr. MUTIMURA Eugene, ari na we mushyitsi mukuru, hari kandi; Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu MUKANDAYISENGA Antoinette, Umuyobozi w’Inama Nyanama y’Akarere ka Nyabihu, Bwana GASARABWE Jean Damascene, Abayobozi b’inzego z’umutekano ku rwego rw’Akarere, Abakozi b’Akarere ka Nyabihu Abaturage …. Nyuma y’umuganda, abayobozi baganirije abaturage ku ngingo nyinshi, harimo; Amatora y’abajyanama b’ubuzima, Kurwanya igwigira ry’abana, Kuboneza urubyaro, ibibazo bijyanye na Human Security, Gutangira ku gihe MUSA, Gushishikariza ababyeyi kujyana abana muri ECD, Kugira isuku ahantu hose, Nyuma y’umuganda n’ikiganiro n’abaturage, Minisitiri w’Uburezi, akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu yagiranye inama n’abayobozi ndetse n’abakozi b’Akarere ka Nyabihu, aho baganiriye ku ngingo nyinshi uko bagiye besa Imihigo mu minsi yashize, Imihigo y’uyu mwaka 2018-2019, Ibibazo bitandukanye Akarere gafite n’ingorane Akarere gahura na zo mu rwego rwo kwesa Imihigo no gukemura ibibazo byugarije uburezi muri rusange. Minisitiri w’Uburezi yatanze impanuro nyinshi harimo; Gusaba abakozi gukorera hamwe, Gufatira ibihano umukozi bigaragaye ko yishe akazi nkana, Gukora hakiri kare ibikorwa byose biteganyijwe, Gusesengura no gushaka ibisubizo hakiri kare ku mbongamizi zatuma Imihigo y’Akarere itagerwaho uko bikwiye.

ICYUMWERU CY’UMUJYANAMA, UMWANYA WO KWEGERA ABATURAGE

Mu gihe cy’Icyumweru cy’Umujyanama cyabaye kuva ku wa 17 kugeza ku wa 19 Kamena 2026, abagize Inama Njyanama basuye ibikorwa bitandukanye mu mirenge…

Read more →

URUGENDO SHURI KU KWESA IMIHIGO MU KARERE KA NGOMA

Mu rwego rwo kwigiranaho ku ngamba zo kwesa Imihigo n’uburyo zishyirwa mu bikorwa, itsinda rigari ry’Akarere ka Nyabihu riyobowe n’Umunyamabanga…

Read more →

NYABIHU: HATERANIYE INTEKO RUSANGE YA 28 Y’INAMA Y’IGIHUGU Y’URUBYIRUKO

Kuri uyu wa 13 Kamena 2026,Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette,yakiriye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko…

Read more →

IKIRARO CYO MU KIRERE CYA SHYIRA, CYATEJE IMBERE IMIGENDERANIRE N’UBUHAHIRANE

Abaturage bo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu n’abo mu Murenge wa Mugunga muri Gakenke bishimiye irangira ry’ikiraro cyo mu kirere cyubatswe…

Read more →

UBUKANGURAMBAGA KU GUKUMIRA NO KURWANYA IMIRIRE MIBI N’IGWINGIRA MU BANA BATO

Kuwa 09 Kamena 2026, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Bwana Simpenzwe Pascal, yatangije icyumweru cyahariwe…

Read more →

TRANSPARENCY INTERNATIONAL RWANDA MU NAMA KU IGENAMIGAMBI N’IMITANGIRE YA SERIVISI

Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, ari kumwe na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere, Bwana HABANABAKIZE Protais, bakiriye Intumwa ya…

Read more →

URUZINDUKA RWA MINISITIRI W’IBIKORWA BY’UBUTABAZI MU KARERE KA NYABIHU

Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…

Read more →

KWIBUKA32: AKARERE KA NYABIHU KASHYINGUYE MU CYUBAHIRO IMIBIRI 6 Y’ABAZIZE JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI

Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…

Read more →

ABASIRIKARE BIGA MU ISHURI RYA NYAKINAMA BASUYE IBIKORWA BYA BYAKOZWE N'UMUSHINGA WA SEBEYA

Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…

Read more →
-->