UMUGANDA RUSANGE USOZA UKWEZI KWA NYAKANGA 2024
Umuganda rusange usoza ukwezi kwa Nyakanga mu mwaka wa 2024 wakorewe mu Tugari twose tugize Akarere ka Nyabihu, kuri uyu wa gatandatu, tariki ya 27 Nyakanga 2024; ku kwego rw’Akarere wabereye mu Murenge wa Rugera, Akagari ka Gakoro, Umudugugdu wa Bweru.
Uyu muganda wakorewe mu muhanda wa Kadahenda-Nyakiriba wibanze ku bikorwa bitandukanye birimo: gutinda ibiraro byari bishaje, gusibura imigende no gusiba ibinogo…witabiriwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu Mukandayisenga Antoinette ari kumwe n’abahagarariye inzego zitandukanye; inzego z’umutekano( RDF, Police, RIB, DASSO), ubuyobozi bw’Umurenge n’Utugari n’abandi.
Nyuma y’umuganda, abayobozi baganirije abari bawitabiriye kuri gahunda za Leta zinyuranye, aho umuyobozi w’Inkeragutabara ku rwego rw’Akarere afatanyije n’Umuyobozi wa Polisi Sitasiyo ya Rugera batanze ikiganiro kijyanye n’umutekano.
Umuyobozi w’Akarere, Madamu Mukandayisenga Antoinette yaganirije abitabiriye kuri gahunda nzamurabushobozi mu mashuri, gahunda yo kwikura mu bukene, kugaburira abana ku mashuri, kugira isuku ahantu hose, Umuganura uteganyijwe mu kwezi gutaha kwa Kanama…
Abitabiriye umuganda ngarukakwezi bahawe umwanya wo gutanga ibitekerezo, ibyifuzo no kubaza ibibazo, ibibazo byagaragajwe byasubijwe ibindi bihabwa umurongo.
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…
None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…
Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…
Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…