UMUGANDA RUSANGE USOZA UKWEZI KWA NYAKANGA 2024

Umuganda rusange usoza ukwezi kwa Nyakanga mu mwaka wa 2024 wakorewe mu Tugari twose tugize Akarere ka Nyabihu, kuri uyu wa gatandatu, tariki ya 27 Nyakanga 2024;  ku kwego rw’Akarere wabereye mu Murenge wa Rugera, Akagari ka Gakoro, Umudugugdu wa Bweru.

Uyu muganda wakorewe mu muhanda wa Kadahenda-Nyakiriba wibanze ku bikorwa bitandukanye birimo: gutinda ibiraro byari bishaje, gusibura imigende no gusiba ibinogo…witabiriwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu Mukandayisenga Antoinette ari kumwe n’abahagarariye inzego zitandukanye; inzego z’umutekano( RDF, Police, RIB, DASSO), ubuyobozi bw’Umurenge n’Utugari n’abandi.

Nyuma y’umuganda, abayobozi  baganirije abari bawitabiriye kuri gahunda za Leta zinyuranye, aho umuyobozi w’Inkeragutabara ku rwego rw’Akarere afatanyije n’Umuyobozi wa Polisi Sitasiyo ya Rugera batanze ikiganiro kijyanye n’umutekano.

Umuyobozi w’Akarere, Madamu Mukandayisenga Antoinette yaganirije abitabiriye kuri gahunda nzamurabushobozi mu mashuri, gahunda yo kwikura mu bukene, kugaburira abana ku mashuri, kugira isuku ahantu hose, Umuganura uteganyijwe mu kwezi gutaha kwa Kanama…

Abitabiriye umuganda ngarukakwezi bahawe umwanya wo gutanga ibitekerezo, ibyifuzo no kubaza ibibazo, ibibazo byagaragajwe byasubijwe ibindi bihabwa umurongo.


URUBYRUKO 20 BAHAWE IMPAMYABUMENYI Z’IMYUGA

Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…

Read more →

RUGERA: HUZUYE IKIRARO CYO MU KIRERE CYA METERO 95

Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…

Read more →

ABASENATERI BASUZUMYE ITERAMBERE RY’UBWOROZI MU KARERE KA NYABIHU

Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…

Read more →

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka Nyabihu

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…

Read more →

RAMBURA: HIZIHIJWE UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMWARIMU, HAHEMBWA INDASHYIKIRWA

Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…

Read more →

VISI MEYA SIMPENZWE PASCAL YIFATANYIJE N’ABATURAGE MU GUSOZA IBIKORWA BY’UMUSHINGA HEALTH POVERTY ACTION

Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana  SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…

Read more →

U Rwanda rwifatanyije n’Isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga wabereye mu Karere ka Nyabihu

None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…

Read more →

Abayobozi b’Inzego Zitandukanye Bifatanyije n’Abaturage ba Bukinanyana mu Muganda wo Kwimakaza Isuku n’Isukura

Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…

Read more →

Bigogwe: Hasorejwe Ukwezi Kwahariwe Umuryango,Imiryango 10 Isezerana byemewe m'amategeko

Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…

Read more →
-->