UMUGANDA RUSANGE USOZA UKWEZI KWA NZERI 2024

Umuganda rusange usoza ukwezi kwa Nzeri 2024 wabaye kuri uyu wa gatandatu, tariki ya 28 Nzeri 2024, ukorerwa mu Tugari twose tugize Akarere ka Nyabihu. Ku rwego rw’Akarere, umuganda wabereye mu Murenge wa Rurembo, Akagari ka Rwaza, witabirwa n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu Mukandayisenga Antoinette ari kumwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rurembo, abakozi batandukanye bakorera ku rwego rw’Akarere no ku Murenge.

Uyu muganda wibanze ku bikorwa byo kurwanya isuri hasiburwa inzira z’amazi mu muhanda uva ku Kagari ka Rwaza ujya ku Mudugudu wa Murama muri aka Kagari.

Nyuma y’umuganda abawitabiriye bahawe ubutumwa butandukanye bwatanzwe na Minisiteri zitandukanye ndetse n’ibigo bya Leta, harimo:

Gahunda ya Leta yo gufasha abaturage kwivana mu bukene n’uburyo abaturage bakwiye kubigiramo uruhare.

Gushishikariza abaturage gukomeza kugira umuco w’isuku ku mubiri, mu ngo zabo ndetse n’ahandi hahurira abantu benshi.

Ubutumwa bushishikariza abafite ubumuga kugira uruhare mu gutanga ibitekerezo ku ikusanyamakuru riri gukorwa bizashingirwaho mu igenamigambi rizafasha mu kwitaho ibyifuzo byabo.

Nyuma y’ibiganiro, Umuyobozi w’Akarere yakiriye ibibazo abaturage bamugaragarije harimo iby’umuntu ku giti cye n’ibijyanye n’iterambere muri rusange, abafasha kubibonera ibisubizo. By’umwihariko ibibazo bitahise bikemuka kubera imiterere yabyo, abakozi b’Akarere basabwe kubikurikirana abaturage bagasubizwa vuba.


URUZINDUKA RWA MINISITIRI W’IBIKORWA BY’UBUTABAZI MU KARERE KA NYABIHU

Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…

Read more →

KWIBUKA32: AKARERE KA NYABIHU KASHYINGUYE MU CYUBAHIRO IMIBIRI 6 Y’ABAZIZE JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI

Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…

Read more →

ABASIRIKARE BIGA MU ISHURI RYA NYAKINAMA BASUYE IBIKORWA BYA BYAKOZWE N'UMUSHINGA WA SEBEYA

Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…

Read more →

INAMA YAGUYE Y’UMUTEKANO YATERANYE YIGA KU NGINGO ZITANDUKANYE

kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…

Read more →

RUBAYA: ISOKO RISHYA RY’IMBOGA N’IMBUTO RYITEZWEHO GUTEZA IMBERE UBUCURUZI

Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…

Read more →

Kintobo:Meya Mukandayisenga yakiriye Hon.Dusingizemungu mu muganda usoza ukwezi kwa Werurwe

Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…

Read more →

BIGOGWE:IBUYE FATIZO RYASHYIZWE AHAGIYE KUBAKIRWA IMIRYANGO 30

Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…

Read more →

UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMUGOREGORE WIZIHIRIJWE MU MURENGE WA SHYIRA

Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…

Read more →

URUBYIRUKO 20 BAHAWE IMPAMYABUMENYI Z’IMYUGA

Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…

Read more →
-->