UMUGANDA RUSANGE USOZA UKWEZI KWA NZERI 2024
Umuganda rusange usoza ukwezi kwa Nzeri 2024 wabaye kuri uyu wa gatandatu, tariki ya 28 Nzeri 2024, ukorerwa mu Tugari twose tugize Akarere ka Nyabihu. Ku rwego rw’Akarere, umuganda wabereye mu Murenge wa Rurembo, Akagari ka Rwaza, witabirwa n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu Mukandayisenga Antoinette ari kumwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rurembo, abakozi batandukanye bakorera ku rwego rw’Akarere no ku Murenge.
Uyu muganda wibanze ku bikorwa byo kurwanya isuri hasiburwa inzira z’amazi mu muhanda uva ku Kagari ka Rwaza ujya ku Mudugudu wa Murama muri aka Kagari.
Nyuma y’umuganda abawitabiriye bahawe ubutumwa butandukanye bwatanzwe na Minisiteri zitandukanye ndetse n’ibigo bya Leta, harimo:
Gahunda ya Leta yo gufasha abaturage kwivana mu bukene n’uburyo abaturage bakwiye kubigiramo uruhare.
Gushishikariza abaturage gukomeza kugira umuco w’isuku ku mubiri, mu ngo zabo ndetse n’ahandi hahurira abantu benshi.
Ubutumwa bushishikariza abafite ubumuga kugira uruhare mu gutanga ibitekerezo ku ikusanyamakuru riri gukorwa bizashingirwaho mu igenamigambi rizafasha mu kwitaho ibyifuzo byabo.
Nyuma y’ibiganiro, Umuyobozi w’Akarere yakiriye ibibazo abaturage bamugaragarije harimo iby’umuntu ku giti cye n’ibijyanye n’iterambere muri rusange, abafasha kubibonera ibisubizo. By’umwihariko ibibazo bitahise bikemuka kubera imiterere yabyo, abakozi b’Akarere basabwe kubikurikirana abaturage bagasubizwa vuba.
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…
None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…
Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…
Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…