UMUGANDA WIHARIYE W’URUBYIRUKO
Umuganda wihariye w’urubyiruko, igihembwe cya kabiri, wabereye mu Mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, wibanda ku kurwanya isuri hacibwa inzira z’amazi, gusibura imiyoboro y’amazi, gukora imihanda, kubumba amatafari, kubakira abatishoboye.
Uyu muganda wari ufite intego yo gushishikariza urubyiruko kugira uruhare mu kubungabunga ibidukikije, kugira uruhare mu guhangana n’ibibazo bibangamiye imibereho y’abaturage cyane cyane ibiterwa n’isuri, gukangurira urubyiruko ibikorwa by’amaboko bigamije kubaka Igihugu.
Nyuma y’umuganda, abawitabiriye bahawe ibiganiro byibanze ku mumaro wo kubungabunga ibidukikije n’uruhare rw’urubyiruko mu kubibungabunga, kwizigamira ku rubyiruko hagamjijwe kuzagira ejo hazaza heza, kwitabira gahunda zinyuranye za Leta, gukunda umurimo, kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko, gushishikariza abaturage gukomeza kugira umuco w’isuku ku mubiri, mu ngo zabo ndetse n’ahandi hahurira abantu benshi hagamijwe kwirinda ibyorezo bitandukanye nka: Marburg na Mpox.
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Bwana Habanabakize Jean Claude yakoranye umuganda n’urubyiruko rw’Umurenge wa Mulinga, Akagari ka Nyamasheke, ahakozwe umuhanda hanasiburwa imiyoboro y’amazi.
Umuyobozi w’Akarere wungirje ushinzwe imibereho y’abaturage, Bwana simpenzwe Pascal yifatanyije n’urubyiruko rw’Umurenge wa Rurenbo muri uyu muganda.
Mu gihe cy’Icyumweru cy’Umujyanama cyabaye kuva ku wa 17 kugeza ku wa 19 Kamena 2026, abagize Inama Njyanama basuye ibikorwa bitandukanye mu mirenge…
Mu rwego rwo kwigiranaho ku ngamba zo kwesa Imihigo n’uburyo zishyirwa mu bikorwa, itsinda rigari ry’Akarere ka Nyabihu riyobowe n’Umunyamabanga…
Kuri uyu wa 13 Kamena 2026,Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette,yakiriye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko…
Abaturage bo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu n’abo mu Murenge wa Mugunga muri Gakenke bishimiye irangira ry’ikiraro cyo mu kirere cyubatswe…
Kuwa 09 Kamena 2026, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Bwana Simpenzwe Pascal, yatangije icyumweru cyahariwe…
Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, ari kumwe na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere, Bwana HABANABAKIZE Protais, bakiriye Intumwa ya…
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…