UMUGANDA WIHARIYE W’URUBYIRUKO
Umuganda wihariye w’urubyiruko, igihembwe cya kabiri, wabereye mu Mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, wibanda ku kurwanya isuri hacibwa inzira z’amazi, gusibura imiyoboro y’amazi, gukora imihanda, kubumba amatafari, kubakira abatishoboye.
Uyu muganda wari ufite intego yo gushishikariza urubyiruko kugira uruhare mu kubungabunga ibidukikije, kugira uruhare mu guhangana n’ibibazo bibangamiye imibereho y’abaturage cyane cyane ibiterwa n’isuri, gukangurira urubyiruko ibikorwa by’amaboko bigamije kubaka Igihugu.
Nyuma y’umuganda, abawitabiriye bahawe ibiganiro byibanze ku mumaro wo kubungabunga ibidukikije n’uruhare rw’urubyiruko mu kubibungabunga, kwizigamira ku rubyiruko hagamjijwe kuzagira ejo hazaza heza, kwitabira gahunda zinyuranye za Leta, gukunda umurimo, kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko, gushishikariza abaturage gukomeza kugira umuco w’isuku ku mubiri, mu ngo zabo ndetse n’ahandi hahurira abantu benshi hagamijwe kwirinda ibyorezo bitandukanye nka: Marburg na Mpox.
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Bwana Habanabakize Jean Claude yakoranye umuganda n’urubyiruko rw’Umurenge wa Mulinga, Akagari ka Nyamasheke, ahakozwe umuhanda hanasiburwa imiyoboro y’amazi.
Umuyobozi w’Akarere wungirje ushinzwe imibereho y’abaturage, Bwana simpenzwe Pascal yifatanyije n’urubyiruko rw’Umurenge wa Rurenbo muri uyu muganda.
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…
None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…
Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…
Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…