UMUHANGO WO KWINJIZA INTORE MU ZINDI
Umuhango wo kwinjiza Intore mu zindi wabereye mu Tugari twose tugize Akarere ka Nyabihu, kuri uyu wa kabiri, tariki ya 07 Mutarama 2020, aho Intore zaboneyeho umwanya wo kumurika Imihigo y’ibikorwa bazakorera ku rugerero rw’Umudugudu.
Iki gikorwa ku rwego rw’Akarere cyabereye mu Murenge wa Mukamira, Akagari ka Rugeshi, aho twifatanyije n’Umunyamabanga Mukuru wa Komisiyo y’Igihugu y’Itorero, Bwana Kazosomako Evode wakiriwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu Mukandayisenga Antoinette, abahagarariye inzego z’umutekano zikorera mu Karere ka Nyabihu n’abaturage batuye muri aka Kagari.
Uyu muhango wabereye kandi mu nteko z’abaturage aho zateraniye mu Tugari twose, uyoborwa n’abatware b’imitwe y’Intore( Perezida ba Njyanama ku tugari), bafatanyije na ba Rushingwangerero (Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari n’Abakozi bashinzwe iterambere mu Tugari). Byari biteganyijwe ko Imirenge yohereza intumwa mu Tugari n’Akarere kakohereza intumwa mu Mirenge.
Intore yo ku mukondo imaze kugaragaza Imihigo y’ibikorwa bazakora, abafashe ijambo bose bemeye ko bazafatanya na bo kwesa iyo mihigo mu gihe cy’amezi atandatu.
Umushyitsi mukuru yashimye ubufatanye n’intego nziza imitwe y’Intore yiyemeza mu gufasha Inkomezabigwi. Nyuma y’ibiganiro habaye umwanya wo gucinya akadiho.
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…
None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…
Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…
Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…