UMUNSI MPUZAMAHANGA W’ABAFITE UBUMUGA
Umunsi mpuzamahanga w’abafite ubumuga wizihijwe kuri iki cyumweru, itariki ya 03 Ukuboza 2023, wizihirizwa mu Mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’Akarere uyu munsi mpuzamahanga w’abafite ubumuga wabereye mu Murenge wa Kabatwa, Akagari ka Gihorwe, Umudugudu wa Kaminuza.
Umunsi mpuzamahanga w’abafite ubumuga ufite insangamatsiko igira iti’’ Dufatanye n’abantu bafite ubumuga tugere ku ntego z’iterambere rirambye’’, umuhango wo kuwizihiza witabiriwe n’ Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Bwana Habanabakize Jean Claude, akaba n’umushyitsi mukuru, yari kumwe n’Umuyobozi w’ishami ry’imibereho myiza mu Karere, Bwana Mutwarangabo Simon, uhagarariye urugaga rw’abagore mu Karere ka Nyabihu, uhagarariye urugaga rw’abafite ubumuga mu Karere, umukozi wa Gikuriro kuri bose, umufatanyabikorwa MCBO… akaba yahawe ikaze n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kabatwa, Madamu Kampire Georgette.
Muri uyu muhango hatanzwe ubutumwa butandukanye bujyanye n’uyu munsi mukuru, habaye n’igikorwa cyo kuremera abafite ubumuga bahabwa imifariso yo kuryamira( Matelas), intama zitanga icyororo cyiza hatangwa n’inyunganirangingo. Muri make, uyu munsi witabiriwe n’ibyiciro bitandukanye, harimo abakozi ku rwego rw’Akarere, ku rw’Umurenge n’Akagari, abahagarariye inzego z’umutekano( Army, DASSO, Police).
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…
None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…
Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…
Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…