UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMUGORE
Umunsi mpuzamahanga w’umugore wizihirijwe mu Mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, kuri uyu wa gatanu, tariki ya 15 Werurwe 2024, ku rwego rw’Akarere ka Nybihu, uyu munsi mukuru wizihirijwe mu Murenge wa Jenda.
Umunsi w’umugore wahawe insanganyamatsiko igira iti’’ Imyaka 30, Umugore mu iterambere’’. Ibirori by’uyu munsi byitabiriwe n’abashyitsi batandukanye; umushyitsi mukuru yari Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu Mukandayisenga Antoinette, hari kandi Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Nyabihu, Bwana Habanabakize Protais, Umuyobozi w’Ingabo mu Karere, Umuyobozi wa Police mu Karere, Uhagarariye Rwanda Investigation Bureau(RIB), National Intelligence and Security Services(NISS), Umuhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu y’abagore ku rwego rw’Akarere, Umuhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu y’abantu bafite ubumuga…
Muri ibi birori hatanzwe ubutumwa butandukanye, aho Umuyobozi w’Akarere yakanguriye abagore ko bagomba kwitinyuka bagakora bakiteza imbere.
Habaye n’igikorwa cyo kuremera abagore bagenzi babo, hatanzwe ; Inka 4, Intama 7, amafaranga ibihumbi magana abiri( 200.000frs), Imashini umunani (8) zidoda zahawe abakobwa babyariye iwabo, ibishyimbo ibiro ijana(100kgs), ibigori ibiro mirongo itanu(50kgs), ibirayi ibiro mirongo ine(40kgs).
Umunsi wasojwe n’ubusabane.
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…
None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…
Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…
Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…