UMUNSI MUKURU W’INTWARI Z’IGIHUGU
Umunsi mukuru w’Intwari z’Igihugu wizihijwe mu Midugudu yoise igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’Akarere wizihirijwe mu Murenge wa Rambura, Akagari ka Nyundo, Umudugudu wa Nama, kuri uyu wa gatatu, tariki ya 01 Gashyantare 2023.
Uyu munsi mukuru witabiriwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu Mukandsayisenga Antoinette, akaba n’umushyitsi mukuru muri iki gikorwa, witabiriwe kandi n’abandi bagize inama y’umutekano y’Akarere itaguye, abakozi ku rwego rw’Akarere, ku Murenge no ku Kagari, abanyamadini n’amatorero, abandi bakozi bakorera Leta hamwe n’abikorera mu Murenge wa Rambura.
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Bwana Habanabakize Jean Claude yifatanyije n’abakozi hamwe n’abaturage b’Umurenge wa Bigogwe kwizihiza Umunsi mukuru w’Intwari z’Igihugu naho Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza, Bwana Simpenzwe Pascal yakurikiranye ibikorwa by’uyu munsi mukuru mu Murenge wa Shyira.
Twibutse ko nk’uko byari biteganyijwe kuri gahunda y’uyu munsi mukuru, hatanzwe ikiganiro kijyanye n’Umunsi mukuru w’Intwari z’Igihugu, gifite insanganyamatsiko igira iti’’ Ubutwari bw’abanyarwanda, Agaciro kacu”. Nyuma y’ibiganiro, habaye imikino y’amarushanwa Umurenge Kagame cup muri ¼ cy’irangiza, aho Umurenge wa Bigogwe wahuye n’Umurenge wa Shyira.
Mu Murenge wa Rambura, kimwe no mu yindi Mirenge, ibirori byaranzwe n’imbyino, indirimbo, imyidagaduro, bishimira ibyagezweho ari nako hatangwa ubuhamya.
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…
kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…
Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…
Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…
Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…
Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…