UMUNSI MUKURU W’INTWARI Z’IGIHUGU

Umunsi mukuru w’Intwari z’Igihugu wizihijwe mu Midugudu yoise igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’Akarere wizihirijwe mu Murenge wa Rambura, Akagari ka Nyundo, Umudugudu wa Nama, kuri uyu wa gatatu, tariki ya 01 Gashyantare 2023.

Uyu munsi mukuru witabiriwe n’Umuyobozi  w’Akarere ka Nyabihu, Madamu Mukandsayisenga Antoinette, akaba n’umushyitsi mukuru muri iki gikorwa, witabiriwe kandi n’abandi bagize inama y’umutekano y’Akarere itaguye, abakozi ku rwego rw’Akarere, ku Murenge no ku Kagari, abanyamadini n’amatorero, abandi bakozi bakorera Leta hamwe n’abikorera mu Murenge wa Rambura.

Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Bwana Habanabakize Jean Claude yifatanyije n’abakozi hamwe n’abaturage b’Umurenge wa Bigogwe kwizihiza Umunsi mukuru w’Intwari z’Igihugu naho Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza, Bwana Simpenzwe Pascal yakurikiranye ibikorwa by’uyu munsi mukuru mu Murenge wa Shyira.

Twibutse ko nk’uko byari biteganyijwe kuri gahunda y’uyu munsi mukuru, hatanzwe ikiganiro kijyanye n’Umunsi mukuru w’Intwari z’Igihugu, gifite insanganyamatsiko igira iti’’ Ubutwari bw’abanyarwanda, Agaciro kacu”. Nyuma y’ibiganiro, habaye imikino y’amarushanwa Umurenge Kagame cup muri ¼ cy’irangiza, aho Umurenge wa Bigogwe wahuye n’Umurenge wa Shyira.

Mu Murenge wa Rambura, kimwe no mu yindi Mirenge, ibirori byaranzwe n’imbyino, indirimbo, imyidagaduro, bishimira ibyagezweho ari nako hatangwa ubuhamya.


URUBYRUKO 20 BAHAWE IMPAMYABUMENYI Z’IMYUGA

Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…

Read more →

RUGERA: HUZUYE IKIRARO CYO MU KIRERE CYA METERO 95

Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…

Read more →

ABASENATERI BASUZUMYE ITERAMBERE RY’UBWOROZI MU KARERE KA NYABIHU

Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…

Read more →

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka Nyabihu

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…

Read more →

RAMBURA: HIZIHIJWE UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMWARIMU, HAHEMBWA INDASHYIKIRWA

Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…

Read more →

VISI MEYA SIMPENZWE PASCAL YIFATANYIJE N’ABATURAGE MU GUSOZA IBIKORWA BY’UMUSHINGA HEALTH POVERTY ACTION

Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana  SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…

Read more →

U Rwanda rwifatanyije n’Isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga wabereye mu Karere ka Nyabihu

None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…

Read more →

Abayobozi b’Inzego Zitandukanye Bifatanyije n’Abaturage ba Bukinanyana mu Muganda wo Kwimakaza Isuku n’Isukura

Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…

Read more →

Bigogwe: Hasorejwe Ukwezi Kwahariwe Umuryango,Imiryango 10 Isezerana byemewe m'amategeko

Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…

Read more →
-->