UMUNSI MUKURU W’INTWARI Z’IGIHUGU
Umunsi mukuru w’Intwari z’Igihugu wizihijwe mu Midugudu yoise igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’Akarere wizihirijwe mu Murenge wa Rambura, Akagari ka Nyundo, Umudugudu wa Nama, kuri uyu wa gatatu, tariki ya 01 Gashyantare 2023.
Uyu munsi mukuru witabiriwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu Mukandsayisenga Antoinette, akaba n’umushyitsi mukuru muri iki gikorwa, witabiriwe kandi n’abandi bagize inama y’umutekano y’Akarere itaguye, abakozi ku rwego rw’Akarere, ku Murenge no ku Kagari, abanyamadini n’amatorero, abandi bakozi bakorera Leta hamwe n’abikorera mu Murenge wa Rambura.
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Bwana Habanabakize Jean Claude yifatanyije n’abakozi hamwe n’abaturage b’Umurenge wa Bigogwe kwizihiza Umunsi mukuru w’Intwari z’Igihugu naho Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza, Bwana Simpenzwe Pascal yakurikiranye ibikorwa by’uyu munsi mukuru mu Murenge wa Shyira.
Twibutse ko nk’uko byari biteganyijwe kuri gahunda y’uyu munsi mukuru, hatanzwe ikiganiro kijyanye n’Umunsi mukuru w’Intwari z’Igihugu, gifite insanganyamatsiko igira iti’’ Ubutwari bw’abanyarwanda, Agaciro kacu”. Nyuma y’ibiganiro, habaye imikino y’amarushanwa Umurenge Kagame cup muri ¼ cy’irangiza, aho Umurenge wa Bigogwe wahuye n’Umurenge wa Shyira.
Mu Murenge wa Rambura, kimwe no mu yindi Mirenge, ibirori byaranzwe n’imbyino, indirimbo, imyidagaduro, bishimira ibyagezweho ari nako hatangwa ubuhamya.
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…
None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…
Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…
Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…