UMUNSI MUKURU W’UMUHINZI W’IBIRETI

Umunsi mukuru w’umuhinzi w’ibireti, ku rwego rw’Intara y’Iburengerazuba wizihirijwe  kuri uyu wa kane, tariki ya 18 Ukwakira 2024, mu Karere ka Nyabihu, Umurenge wa Kabatwa, Akagari ka Myuga. Abahinzi b’ibireti bahahuriye baturutse mu Karere ka Nyabihu, mu Mirenge ya Bigogwe, Jenda, Kabatwa, Mukamira; mu Karere ka Rubavu , Imirenge ya Bugeshi, Busasamana, Mudende.

Uyu munsi witabiriwe n’abashyitsi baturutse mu nzego zitandukanye barimo; Umuyobozi w’Ingabo mu Ntara y’Iburengerazuba, Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Nyabihu, Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu mu Karere ka Nyabihu, Umuyobozi mukuru wa Horizon Sopyrwa, Uhagarariye NAEB, abahagarariye inzego z’umutekano mu Karere ka Nyabihu( Ingabo, Police, RIB, NISS), Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge ya Bigogwe, Bugeshi, Kabatwa, Mudende, Mukamira, Perezida w’ihuriro ry’amakoperative y’ibireti mu Rwanda, Perezida batanu b’amakoperative y’ibireti, abakozi bafite mu nshingano ibijyanye n’ubuhinzi mu Turere twa Nyabihu na Rubavu.

Ubuyobozi bwa Horizon SOPYRWA bwashimiye abahinzi b’ibireti uburyo bateza imbere ubuhinzi bwabyo cyane cyane ko umusaruro w’ibireti woherejwe hanze winjirije miliyoni icumi z’amadorari uyu mwaka  ushize kandi umusaruro w’ibireti byumye uruganda rwakiriye uturutse mu bahinzi ungana na toni 1632, uyu mwaka twatangiye hateganyijwe toni 1722.

Ubuyobozi bwa Horizon Sopyrwa bwatanze ibihembo ku bahinzi bitwaye neza, bigizwe n’inka 20 ( mu Karere ka Nyabihu hatanzwe inka 13), Matora zo kuryamaho, imitaka, amahema yo kwanikaho ibireti, amasuka.

Ubuyobozi bw’Akarere bwashimiye Horizon Sopyrwa uburyo ifasha abahinzi mu bikorwa bitandukanye bijyanye n’ubuhinzi bw’ibireti kandi bushishikariza abahinzi b’ibireti gusimburanya n’igihingwa cy’ibirayi kuko byongera umusaruro w’ibirayi.


URUBYRUKO 20 BAHAWE IMPAMYABUMENYI Z’IMYUGA

Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…

Read more →

RUGERA: HUZUYE IKIRARO CYO MU KIRERE CYA METERO 95

Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…

Read more →

ABASENATERI BASUZUMYE ITERAMBERE RY’UBWOROZI MU KARERE KA NYABIHU

Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…

Read more →

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka Nyabihu

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…

Read more →

RAMBURA: HIZIHIJWE UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMWARIMU, HAHEMBWA INDASHYIKIRWA

Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…

Read more →

VISI MEYA SIMPENZWE PASCAL YIFATANYIJE N’ABATURAGE MU GUSOZA IBIKORWA BY’UMUSHINGA HEALTH POVERTY ACTION

Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana  SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…

Read more →

U Rwanda rwifatanyije n’Isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga wabereye mu Karere ka Nyabihu

None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…

Read more →

Abayobozi b’Inzego Zitandukanye Bifatanyije n’Abaturage ba Bukinanyana mu Muganda wo Kwimakaza Isuku n’Isukura

Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…

Read more →

Bigogwe: Hasorejwe Ukwezi Kwahariwe Umuryango,Imiryango 10 Isezerana byemewe m'amategeko

Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…

Read more →
-->