UMUNSI MUKURU W’UMUHINZI W’IBIRETI
Umunsi mukuru w’umuhinzi w’ibireti, ku rwego rw’Intara y’Iburengerazuba wizihirijwe kuri uyu wa kane, tariki ya 18 Ukwakira 2024, mu Karere ka Nyabihu, Umurenge wa Kabatwa, Akagari ka Myuga. Abahinzi b’ibireti bahahuriye baturutse mu Karere ka Nyabihu, mu Mirenge ya Bigogwe, Jenda, Kabatwa, Mukamira; mu Karere ka Rubavu , Imirenge ya Bugeshi, Busasamana, Mudende.
Uyu munsi witabiriwe n’abashyitsi baturutse mu nzego zitandukanye barimo; Umuyobozi w’Ingabo mu Ntara y’Iburengerazuba, Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Nyabihu, Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu mu Karere ka Nyabihu, Umuyobozi mukuru wa Horizon Sopyrwa, Uhagarariye NAEB, abahagarariye inzego z’umutekano mu Karere ka Nyabihu( Ingabo, Police, RIB, NISS), Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge ya Bigogwe, Bugeshi, Kabatwa, Mudende, Mukamira, Perezida w’ihuriro ry’amakoperative y’ibireti mu Rwanda, Perezida batanu b’amakoperative y’ibireti, abakozi bafite mu nshingano ibijyanye n’ubuhinzi mu Turere twa Nyabihu na Rubavu.
Ubuyobozi bwa Horizon SOPYRWA bwashimiye abahinzi b’ibireti uburyo bateza imbere ubuhinzi bwabyo cyane cyane ko umusaruro w’ibireti woherejwe hanze winjirije miliyoni icumi z’amadorari uyu mwaka ushize kandi umusaruro w’ibireti byumye uruganda rwakiriye uturutse mu bahinzi ungana na toni 1632, uyu mwaka twatangiye hateganyijwe toni 1722.
Ubuyobozi bwa Horizon Sopyrwa bwatanze ibihembo ku bahinzi bitwaye neza, bigizwe n’inka 20 ( mu Karere ka Nyabihu hatanzwe inka 13), Matora zo kuryamaho, imitaka, amahema yo kwanikaho ibireti, amasuka.
Ubuyobozi bw’Akarere bwashimiye Horizon Sopyrwa uburyo ifasha abahinzi mu bikorwa bitandukanye bijyanye n’ubuhinzi bw’ibireti kandi bushishikariza abahinzi b’ibireti gusimburanya n’igihingwa cy’ibirayi kuko byongera umusaruro w’ibirayi.
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…
kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…
Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…
Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…
Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…
Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…