UMUSHINGA GIKURIRO WAMURITSE IBIKORWA
Umushinga Gikuriro ukorera mu Karere ka Nyabihu, uterwa inkunga na USAID ikanyuzwa muri CRS na SNV ugashyirwa mu bikorwa na Caritas Rwanda, kuri uyu wa kane, tariki ya 19/9/2019, wamuritse ku mugaragaro ibikorwa wakoze, birimo; Water Kiosk 7, Water Springs 36, byubatswe mu Mirenge itandukanye ukoreramo.
Nyuma y’inama abahagarariye uyu mushinga hamwe n’abo bari kumwe barimo; uhagarariye ishami ry’imirire, isuku n’isukura muri NECDP, Bwana MUCUMBITSI Alex, abahagarariye Caritas Rwanda, CRS, SNV,ADRA, Hinga Weze, Diyosezi Gaturika ya Nyudo…bagiranye n’ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu, basuye Water Kiosk yubatswe mu Mudugudu wa Rugarambiro, mu Murenge wa Mukamira na Water Spring yubatswe mu Mudugudu wa Cyumukenke Umurenge wa Mukamira.
Hasuwe ubwiherero bwujuje ibyangombwa hamwe n’icyumba cy’umukobwa kigezweho kirimo ibikoresho nkenerwa byubatswe mu kigo cy’amashuri cya Gitebe, mu Murenge wa Mulinga.
Ibikorwa bimaze gusurwa hakurikiyeho ibirori byo guhemba abagenerwabikorwa bahize abandi bibumbiye muri Kelebe (Club) z’isuku, amashuri mbonezamirire, amatsinda yo kuzigama no kugurizanya baherekejwe n’abafashamyumvire baturutse mu Mirenge ya Jomba ( aho ibirori byabereye), Mulinga na Rambura. Kelebe z’isuku za mbere muri buri Murenge zahembwe amafaranga angana na Miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda (1,000,000frs), iza kabiri zihembwa 500,000frs, iza gatatu zihembwa 300,000frs.
Abajyanama b’ubuhinzi babaye indahyikirwa bahembwe 400,000frs baguzemo itungo, hahembwe umujyanama umwe kuri buri Kagari.
Hahembwe nanone abajyanama b’ubuzima batatu bahize abandi muri buri Kagari, bahabwa ibikoresho byo mu rugo, hahembwe kandi amatsinda yo kuzigama no kugurizanya, aho rimwe muri buri Kagari ryagiye rihabwa 137,000frs, yashyizwe kuri Konti zabo ziri mu bigo by’imari biciritse.
Ibi bikorwa byitabiriwe n’abakozi b’akarere, abahagarariye inzego z’umutekano, umuyobozi wa JADF/Inkingi Nyabihu, abandi bafatanyabikorwa, abaturage benshi..
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…
None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…
Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…
Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…